Uko ubwoko bw’ amaraso butandukanye ni nako n’ imyitwarire y’ abantu igenda itandukana, hanagendewe ku gitsina, imyitwarire ituruka ku ruhererekane rw’ imiryango (genetics) ibi byose bigira uruhare runaka mu myitwarire y’ umuntu nk’ uko byagiye byerekanwa n’ ubushakashatsi butandukanye. Mu bushakashatsi bwakozwe n’ impuguke zo mu Buyapani, zagaragaje ko abafite bene aya maraso ari abantu basabana kandi igihe cyose baba biteguye gufungura ubucuti. Mu bijyanye n’ imyitwarire, umuntu ufite amaraso ya A yihugiraho, gusa ariko akaba umuntu wihangana, wifata agapfira muri Nyagasani. Ikindi ni uko ari umuntu ubasha kureba kure,…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Imyumvire yo kugendera kure yatiza umurindi SIDA ikomeje kwica abatari bake ku isi
Kwandura virusi itera SIDA kuri ubu ntibikiri nk’uko byari mu myaka 20 ishize, ariko ntibibujije ko SIDA ikiri ikibazo gikomeye gihangayikishije isi. Ku rwego rw’isi abasaga miliyoni 38,4 bafite virusi itera SIDA, muri bo miliyoni 36,7 ni abantu bakuru naho miliyoni 1,7 ni abana bari munsi y’imyaka 15, mu gihe 54% by’abafite virusi itera SIDA ari abagore n’abangavu, abenshi ni abo muri Afurika y’ubutayu bwa Sahara aho u Rwanda ruherereye. Ubushakashatsi bwakusanyije ibitekerezo by’inzobere ku bijyanye n’impamvu abantu barushaho kumva nabi iby’ubwandu bwa virusi SIDA kugeza aho iki cyorezo cyararika…
SOMA INKURUSaint Valentin yabagizeho ingaruka zikomeye, RBC iti: “Gukoresha agakingirizo ntibyakabateye isoni”
Tariki 14 Gashyantare ni umunsi ngarukamwaka ufatwa nk’uw’abakundana, hizihizwa Mutagatifu Valentin “Saint Valentin” ku batari bake. Usanga urubyiruko runyuranye rutangaza ko umunsi nk’uyu aba ari umunsi wo gushimishanya nk’abakundana, bakanemeza ko gushimishanya hataburamo gukora imibonano mpuzabitsina kuri bamwe, ari naho hari abo bigiraho ingaruka zinyuranye. Ibi binemezwa n’abakobwa banyuranye bahindutse ababyeyi imburagihe, bemeza ko umunsi bakoze imibonano mpuzabitsina bwa mbere wari umunsi nk’uyu, aho ari nabwo bamwe batewe inda, akaba ari nacyo gihe bamwe muri bo baherukana n’abiyitaga ba Valentin (abakunzi) babo. Uwo twahaye izina rya Amina w’imyaka 21, ufite…
SOMA INKURUNgoma-Kibungo: Uruhererekane mu buraya ihurizo mu kurwanya virusi itera SIDA
Bamwe mu babyeyi bo mu murenge wa Kibungo, mu karere ka Ngoma, mu Ntara y’Iburasirazuba bakoze uburaya bakiri inkumi, babyariramo ndetse hari n’abagiriyemo abazukuru, muri bo harimo abanduriramo virusi itera Sida, ariko ntibibabuze kuraga ubwo buraya n’iyo ndwara abana babo n’abazukuru, ari nayo ntandaro y’izina ‘MU BUBABARE BUKABIJE’, bifatwa nk’imwe mu mpamvu ikomeye ibangamira ikumirwa ry’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA aho batuye, dore ko n’ubuyobozi nabwo bwemeza ko koko iki ari ikibazo giteye impungenge ndetse bwiteguye guhangana nacyo. Nyirarukundo (Amazina twayahinduye) wo mu murenge wa Kibungo, mu karere ka…
SOMA INKURUIbyagufasha kwirinda kanseri ku gipimo cya 40%, indwara ikomeje kwica benshi
Inzego zinyuranye z’ubuzima ku isi ndetse no mu Rwanda zemeza ko kanseri ari ikibazo gikomeye cyane cy’ubuzima hagendewe ku mibare y’abayirwara ndetse n’abo ihitana ariko nubwo bimeze bitya, Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin yatanze inama y’ibyakorwa mu kuyirinda ku gipimo cya 40%. Buri mwaka tariki 4 Gashyantare aba ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya kanseri, dore ko kugeza ubu ariyo ndwara itandura ikiri ku isonga mu kuba umwanzi ukomeye w’ubuzima bwa muntu. Imibare yatangajwe n’inzego z’ubuzima mu Rwanda zigaragaza ko igitsina gore ari bo bibasirwa n’indwara ya kanseri cyane, aho muri…
SOMA INKURUBirashoboka kurandura indwara zititaweho uko bikwiriye muri 2030- Inzego z’ubuzima
Abayobozi banyuranye bo mu nzego z’ubuzima mu Rwanda, bahuriza ku ntego yo kurandura indwara zititaweho uko bikwiriye mu Rwanda mu mwaka wa 2030, cyane ko kuzirinda bishoboka. Ibi byagarutsweho none tariki 30 Mutarama, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zititaweho uko bikwiriye, insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira iti: ” Tujyanemo mu isuku n’isukura, duhashye indwara ziterwa n’umwanda.” Uyu munsi ukaba wizihirijwe mu karere ka Kicukiro, mu murenge wa Masaka, ukaba witabiriwe n’abatari bake harimo n’abahagarariye inzego z’ubuzima zinyuranye mu Rwanda. Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi yatangarije abitabiriye…
SOMA INKURUKayonza: Ibyagize uruhare mu igabanuka ry’indwara zititabwaho uko bikwiriye mu banyeshuri
Mu karere ka Kayonza hagendewe ku mibare ituruka hirya no hino mu bigo nderabuzima byaho, yerekana ko indwara ziterwa n’umwanda zititabwaho uko bikwiriye zagabanutse mu bigo by’amashyuri. Ibi bikaba byaragezweho nyuma y’ubukangurambaga ku isuku n’isukura by’umwihariko mu kuzirikana guha abanyeshuri amazi atetse cyangwa yatunganyijwe n’ibyuma byabugenewe hamwe n’ibindi bikorwa binyuranye by’isuku n’isukura. Ibi bikaba bitangazwa n’umukozi w’akarere ka Kayonza, mu ishami ry’Ubuzima, ushinzwe ibikorwa by’isuku n’isukura Rugira Jean Baptiste, watanze urugero rw’ibikorwa by’isuku birangwa muri kimwe mu bigo by’ishuri biri muri Kayonza “GS Gishanda”, akaba anemeza ko bigaragaza umusaruro w’ubukangurambaga…
SOMA INKURUIbanga ry’ubuzima burambye ku bafite virusi itera SIDA
Nk’uko Minisitiri y’Ubuzima ibinyujije mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima “RBC”, itangaza ko imibare y’abaturarwanda bafite virusi itera sida ari 3%. Ni muri urwo rwego ikinyamakuru umuringanews.com cyifashishije ubushakashatsi bwatangarijwe ku rubuga www.sidainfoservice.com, bwafasha abafite virusi itera SIDA kuramba. Ikintu cya mbere: Umuntu ufite virusi itera SIDA agomba gukora ni ugufatisha ibizamini kugira ngo amenye uko umubare w’abasirikare bari mu mubiri we (CD4) bangana, kugira ngo mu gihe baba bagabanutse harebwe ikibitera gishakirwe igisubizo byihuse hagamijwe kwirinda kurwara SIDA ari nako yibasirwa n’ibyuririzi bitandukanye byanamuviramo kumuhitana. Ikintu cya kabiri: Umuntu ufite virusi…
SOMA INKURURwanda: Imibare y’abaribwa n’inzoka iteye ikibazo, abayoboka abagombozi baraburirwa
Kuribwa n’inzoka ni imwe mu ndwara zirindwi zititabwaho uko bikwiriye zihangayikishije u Rwanda, dore ko hagaragaye abasaga 1500 bagize iki kibazo. Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima gitangaza ko uyu ari umubare w’abagannye amavuriro babashije kumenyekana gusa, ko ariko iyi ari imwe mu ndwara iviramo ubumuga uwariwe n’inzoka igihe atihutiye kujya kwa muganga mu minota 30 akimara kurumwa n’inzoka ndetse n’urupfu rudasigaye. Kubura ubuzima bikomoka ku ndwara zititabwaho uko bikwiriye harimo no kurumwa n’inzoka ndetse no kugira ubumuga burimo kugira ibinya ku gice runaka (Paralysie) bitewe n’ubumara bw’inzoka yakurumye ndetse n’icyo wakoze nyuma…
SOMA INKURUNyuma yo guhindura imyumvire ku ikoreshwa ry’ifumbire yo mu musarani, bishimira inyungu byabagizeho
Abaturage bo murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera batangaza ko nyuma y’ubukangurambaga bwabayeho babamenyesha ibibi byo gufumbiza umwanda wo mu musarani ndetse n’ingaruka zitabarika zigera ku bawukoresha, bafashe umwanzuro wo kureka, bakaba bemeza ko ikibazo cyo kurwaza inzoka cyagabanutse ku buryo bufatika ndetse n’umusaruro wiyongereye. Mukapasika Josephine ni umujyanama w’ubuzima akaba n’umwe mu bagizweho ingaruka no gufumbiza umwanda wo mu musarani, atuye mumurenge wa Cyanika, akagari ka Gasiza, umudugudu wa Nyamiyaga, atangaza ko bagikoresha iyi fumbire byabagiragaho ingaruka nyinshi cyane, by’umwihariko mu bwana bwe n’abo bavukana. Ati: “Iwacu mu…
SOMA INKURU