Rwamagana: Urubyiruko rwahagurukiye kurwanya umwanzi urwibasiye

Akarere ka Rwamagana ni kamwe mu turere turangwamo ibigo by’amashuri byinshi, muri ibyo bigo hakaba higanjemo abari mu myaka y’urubyiruko kandi ubushakashatsi bukaba bwarerekanye ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko, ni muri urwo rwego hifujwe kumenya imigabo n’imigambi yabo mu rugamba rwo kurwanya virusi itera SIDA. Mukamwezi, w’imyaka 18, wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye muri kimwe mu bigo by’amashuri biri i Rwamagana yagize ati “Njye numva nakwirinda virusi itera SIDA nirinda kuryamana n’umuhungu udasiramuye kuko namenye ko abantu batisiramuje baba bafite ibyago byinshi byo…

SOMA INKURU

Bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’imiti y’abana

Abaganga bavura indwara z’abana bo mu Budage, u Bufaransa, Austria n’u Busuwisi bandikiye ibaruwa ifunguye Minisiteri z’Ubuzima muri ibyo bihugu bazisaba gukora ibishoboka zikita ku kibazo cy’ibura ry’imiti y’abana mu bihe u Burayi buba bwugarijwe n’ubukonje. Perezida w’uUrugaga rw’Abaganga bavura Indwara z’Abana mu Budage, BKVJ Thomas Fischbach, yatangaje ko mu kuva muri Nzeri kugera mu Ugushyingo hashobora kuzabaho ikibazo cyo kubura abazana imiti ivura abana ndetse akeka ko byazaba bibi cyane ugereranyije n’umwaka ushize. Ati “Itumba ntabwo riri kera. Tuzongera duhure n’ikibazo cy’imiti mike cyane izanwa ndetse bishobora kuzaba bibi…

SOMA INKURU

Abarwanya igikorwa cyo kohereza abimukira mu Rwanda bitwaje malariya bahawe ingingo zibabeshyuza

Ubutumwa bwatambukijwe n’umuganga w’inzobere mu bijyanye n’indwara z’abana, Prof Elspeth Webb, Umwongereza wigishije mu mashuri atandukanye y’ubuvuzi ko abimukira bazoherezwa mu Rwanda bazicwa na malaria, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yamaze impungenge. Webb yabinyujije mu gitekerezo yatanze mu kinyamakuru The Guardian, aho yavugaga ko adashyigikiye ko u Bwongereza bwohereza abimukira mu Rwanda, ngo kuko bisa nko kubaroha kubera ubukana bwa malaria iba mu Rwanda. Yavuze ko u Rwanda nta bushobozi buhagije bwo guhangana na malaria rufite, bityo ko abimukira baturuka mu bihugu bitabamo malaria batakabaye boherezwa mu Rwanda. Minisitiri w’Ubuzima,…

SOMA INKURU

Kayonza-Rukara: Guta ishuri, ibiyobyabwenge intandaro y’ubusambanyi mu rubyiruko

Iyo ugeze mu isantire y’umudugugu wa Karubamba, akagali ka Rukara, umurenge wa Rukara, akarere ka Kayonza, mu ntara y’Iburasirazuba mu byiciro binyuranye by’abahatuye usanga bose bataka ikibazo cy’urubyiruko rwataye ishuri, rukishora mu biyobyabwenge ari nako basambana, bakaba bemeza ko abakobwa benshi bakomeje kubyarira iwabo ndetse hari n’abo icyorezo cya SIDA cyatangiye kwivugana. Ntawiha Adolphe bita Patrike muri santire ya Karubamba akaba ari naho akorera akazi k’ubunyonzi, atangaza ko nawe ubwe mu buto bwe yabanje gusambana ndetse bimuviramo kubyara abana babiri ku bakobwa banyuranye, ariko nyuma yo kugira inshingano zo kwirerana…

SOMA INKURU

Gatsibo: Imyitwarire y’ababyeyi inengwa mu gushora abana kwandura virusi itera SIDA

Gatsibo ni kamwe mu turere tugize intara y’Iburasirazuba ikaba ifite umubare munini w’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA by’umwihariko mu rubyiruko hamwe n’Umujyi wa Kigali. Ubuyobozi bw’aka karere, abarezi n’abana batangaza imyitwarire y’ababyeyi ituma abana babo bishora mu busambanyi, bikongera umubare w’abandura virusi itera SIDA. Abanyeshuri banyuranye biga muri TTC Kabarore batangaje ko ubumenyi kuri virusi itera SIDA hari ubwo bakura ku ishuri ko ariko hari ibiganiro by’umwihariko ku buzima bw’imyororokere baba bakeneye ko bahabwa n’ababyeyi babo ariko bakabima umwanya. Umunyeshuri uvuka muri Gatsibo, ati “Akenshi abana nzi bagiye batwara…

SOMA INKURU

Abaturage bajyaga bishyurirwa na leta mitiweli baba bagiye gucutswa

Minisitere y’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yatangiye ibikorwa byo guteguza uturere ko hari abanyarwanda basanzwe bishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ariko bagiye kubukurwamo, bakaba basabwa gutangira kwitegura kwiyishyurira kuva muri Nyakanga 2023. Bamwe mu banyarwanda basanzwe bahabwa ibyiciro by’ubudehe ndetse hakaba hari Serivisi zitangwa zibishingiyeho. Ubu rero ibyiciro uretse gukoreshwa mu igenamigambi rya Leta no gutanga amakuru ntibizongera gukoreshwa mu gutanga serivsi. Abakozi ba Minisitere y’Ubutegetsi bw’Igihugu batangiye ibikorwa byo gusura uturere kugira ngo batangire gutegura uko abazakurwa ku rutonde rwo kwishyurirwa batangira kwitegura kwiyishyurira. Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere n’Ubukungu mu Karere…

SOMA INKURU

Igitungwa urutoki nk’intandaro y’ubwandu bwa virusi itera SIDA muri Matimba

Mu murenge wa Matimba, mu karere ka Nyagatare, ababyeyi banyuranye bagiye bagaragagaza ko ikibazo kibaremereye ari ubushomeri mu bana babo by’umwihariko abamaze kurenza imyaka 16, ibi bikaba intandaro yo kudashimishwa n’ibyo ababyeyi babaha, uko kujya gushakisha ibijyanye n’ibyifuzo byabo bikabaviramo kwandura virusi itera SIDA n’inda zitateganyijwe zidasigaye. Umubyeyi Uwicyeza wo mu karere ka Nyagatare, mu murenge wa Matimba, akagali ka Kagitumba yagize ati “Nutarabyara si uko atabikora, ubukene buri mu rubyiruko buterwa n’ubushomeri bafite, ntacyo gukora, nta bushobozi, ibi byose nibyo bituma abana bacu bishora mu baraya bakanduriramo virusi itera…

SOMA INKURU

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ubuvuzi bushya buzafasha benshi cyane abacibwaga ingingo

Mu kiganiro Prof. Ntirenganya Faustin, umuyobozi w’ishami rya Plastic Surgery mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, yagiranye na Newtimes, yavuze ko afatanyije na mugenzi we Dr Charles Furaha batangiye guhugura abaganga b’imbere mu gihugu muri iyi ngeri y’ubuvuzi kuva mu 2018, nubwo bitari byoroshye kuko ibisabwa nta byari bihari. Prof. Faustin Ntirenganya, yatangaje ko mu Rwanda hatangijwe ubu buvuzi bukaba bwitezweho kugabanya abarwayi bashoboraga kugira ibyago byo gucibwa ingingo, ubu buvuzi bwita ku kubaga no gukuraho ubusembwa bw’umubiri w’umuntu bukorwa hakoreshejwe ‘microscope’, bukaba buzwi nka ’Microsurgery’. Ni ubuvuzi bukiri…

SOMA INKURU

Nyagatare: Abanyeshuri bagaragaje icyabafasha kwibona muri gahunda yo kurwanya SIDA

Ubushakashatsi bwerekanye ko buri mwaka mu Rwanda handura abantu 5000, muri bo 33% ni urubyiruko ni ukuvuga abantu 1500, igitsina gore bakaba ari 1000 mu gihe igitsina gabo ari 500. Nubwo bimeze gutya urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri Nyagatare batangaza icyo bakeneye cyabafasha kwirinda iki cyorezo, dore ko harimo n’abemeza ko nta makuru ahagije yo kurwanya no kwirinda virusi itera SIDA bafite. Ibi aba banyeshuri banyuranye bo mu bigo by’amashuri yisumbuye yo mu mirenge ya Karangazi na Kagitumba byo mu karere ka Nyagatare batangaje byo kutagira ubumenyi n’amakuru ahagije kuri virusi…

SOMA INKURU

Musanze in new drive to curb malnutrition

Musanze district in Rwanda has launched a new community campaign aimed at combating stunting, a condition resulting from malnutrition that affects physical and mental development in children. The campaign aims to encourage the population to raise at least two chickens to lay eggs, which are a nutritious source of protein and essential vitamins. Latest data from the Rwanda Demographic Health Survey in 2020 shows that Musanze district has a prevalence rate of 45.4 per cent, making it the third district with the highest prevalence in the country. Ngororero and Nyabihu…

SOMA INKURU