Gicumbi: Iterambere ryivugira, umuturage ku isonga

Gicumbi kamwe mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, gafite ubuso bwa  kirometero kare 829,  mu majyaruguru gahana imbibi na Burera n’igihugu cya Uganda,  Iburasirazuba hari Nyagatare na Gatsibo, mu majyepfo hari Gasabo n’agace gato ka Rwamagana ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi. Iburengerazuba gahana urubibi na Rulindo, aka karere kakaba gakataje mu iterambere rirangwa n’ibikorwa binyuranye aho umuturage aza ku isonga.  Gicumbi ni akarere kamaze igihe kavugwaho kudindira mu iterambere ugereranyije n’utundi turere, aho n’abahavuka uwatangiraga gutera imbere yahitaga ahava akajya guteza imbere uturere tw’ahandi, ariko iki kibazo kigiye kuzahinduka umugani…

SOMA INKURU

Kigali: Uruhare rw’abashoramari n’abikorera mu guhangana n’ ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe

Imihindagurikire y’ibihe igira ingaruka zikomeye cyane kandi zidasanzwe ku bikorwa bitandukanye bigamije kwimakaza iterambere, mu mibereho myiza y’abaturage, mu bukungu no gufasha abaturage kwihaza mu biribwa hifashishijwe ubuhinzi burambye bushingiye ku mikoreshereze myiza y’umutungo kamere uboneka mu duce abaturage batuyemo kandi ibyo bigakorwa habungwabungwa ibidukikije. Mu biganiro byahuje abafatanya bikorwa bose mu gihugu binyuze mu kigega ‘’Green Climate Change’’,   ikigega cy’isi kigamije kurwana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe, barebeye hamwe icyakorwa mu gufatanya gushaka uburyo  bwo kubona amafranga yo gushyira muri gahunda yo guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe. Umuvugizi uhagarariye urugaga…

SOMA INKURU

Nyagatare: Hatanzwe imbabura zibungabunga ibidukikije

Abaturage 250 babarizwa mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bo mu murenge wa Rwimiyaga, mu karere ka Nyagatare, bahawe imbabura zizwiho kurondereza inkwi. Ni muri urwo izi mbabura zatanzwe kugira ngo  hakoreshwe inkwi nkeya, cyane ko  aka karere gafite amashyamba macye n’ikibazo cy’ibicanwa. Izi mbabura zirondereza ibicanwa bazihawe kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Kamena 2022. bazihabwa n’umushinga  wo kubungabunga Imisozi n’ibibaya “AREECA” uterwa  inkunga na leta y’Ubudage, ushyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe Amashyamba mu Rwanda (RFA).   INGABIRE Alice

SOMA INKURU

Perezida Kagame yageze Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Kamena 2022, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu “UAE” , aho yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Sheikh Shakhboot bin Nahyan Al Nahyan. Niteganyijwe ko azunamira Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wahoze ari Perezida w’iki gihugu, witabye Imana. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Khalifa bin Zayed al Nahyan, yitabye Imana ku wa 13 Gicurasi 2022. Yapfuye ku myaka 73 y’amavuko azize impamvu zitigeze zitangazwa. Sheikh Khalifa yari Perezida w’iki gihugu…

SOMA INKURU

Yitwaza ko atanga amafaranga iyo afunzwe agahohotera bikomeye abaturanyi be

Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Nyabisindu, mu murenge wa Remera, mu karere ka Gasabo, bashinja umwe mu baturanyi wabo kubahohotera akabakubita ndetse yanafungwa ntamaremo kabiri, agasohoka ababwira ko ntakizamubuza gukomeza kubahohotera ngo kuko RIB nizajya imufata azajya yishyura imurekure. Aba baturage bo Mudugudu w’Amarembo muri aka Kagari ka Nyabisindu, babwiye RADIOTV10 ko umuturanyi wabo witwa Thierry Maniragaba abarembeje kuko adahwema kugira abo akubita ndetse ko adatinya na bamwe mu bo mu nzego z’ibanze. Umwe muri aba abaturage utifuje ko atangazwa, yagize ati “Uwo mugabo akubita abantu, nijoro bamugeze…

SOMA INKURU

Ibyari Miss Rwanda byahinduye isura, ibyishimo byahindutse amarira

Kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Gicurasi 2022, nibwo Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yatangaje ko ibaye  ihagaritse irushanwa rya “Miss Rwanda” mu gihe hagikorwa iperereza ku byaha Ishimwe Dieudonné ashinjwa, cyane ko ari we muyobozi wa “Rwanda Inspiration Back Up”  itegura iri rushanwa. Iri tangazo rikaba ryaje rikurikira inkuru y’ifatwa rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2017,  Miss Iradukunda Elsa, bitangazwa ko yatawe muri yombi na “RIB” (Urwego  rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha) sitasiyo ya Remera ejo hashize ku cyumweru tariki  8 Gicurasi, akaba akurikiranyweho ibyaha byo kubangamira iperereza ku birego bishinjwa Ishimwe Dieudonné.…

SOMA INKURU

Yiyahuye nyuma yo kwihekura no gukomeretsa bikomeye uwo bashakanye

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2022, mu mudugudu wa Rusororo, mu kagari ka Kirengeri, umurenge wa Byimana,  nibwo hamenyekanye Nemeye Bonaventure ukekwaho kwica umwana we w’imyaka ine no gukomeretsa umugore we, yiyahuye akoresheje tiyoda.  Amakuru aturuka muri uwo mudugudu avuga ko uwo mugabo yashinjaga umugore we kumuca inyuma agasambana n’abandi bagabo. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Byimana, Mutabazi Patrick, yabwiye IGIHE ko iperereza ryatangiye ariko amakuru y’ibanze bafite ari uko uwo mugabo yabanje gukubita umugore we aramukomeretsa, abaturanyi batabaye yikingirana mu nzu aniga umwana we aramwica, na…

SOMA INKURU

Umuyobozi w’ishuri arashinjwa gukubita abanyeshuri yihanukiriye

Umuyobozi w’Ishuri Saint Ignace riherereye mu murenge wa Mugina, mu karere ka Kamonyi, arashinjwa gukubita abanyeshuri akoresheje ingufu bikabaviramo gukomereka. Ubuyobozi bw’umurenge wa Mugina buvuga ko iki kibazo cyo guhana abanyeshuri cyabaye kuwa Mbere tariki ya 2 Gicurasi 2022, ariko bakaba bakimenye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 03 Gicurasi, 2022. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugina Ndayisaba Egide avuga ko bakimara kumenya ko Umuyobozi w’Ikigo yakubise aba banyeshuri bihutiye kuhagera kugira ngo basuzume imiterere y’ikibazo. Ati “Ubu niho turi kandi turi kumwe n’inzego z’Ubushinjacyaha”. Ndayisaba yavuze ko nta…

SOMA INKURU

Abarimu bashinjwa gusambanya abana batawe muri yombi

Urwego rw’igihugu rw’ubushinjacyaha (RIB) rwataye muri yombi abarimu babiri bo mu turere twa Rubavu na Karongi, bakurikiranyweho gusambanya abana bato basanzwe bigisha amasomo ya nimugoroba “Cour du Soir”. Inkuru dukesha IGIHE, iravuga ko kuwa 30 Mata 2022, ari bwo RIB yafunze umwarimu wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Umubano II mu karere ka Rubavu, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka icyenda. Inkuru ivuga ko uyu mwarimu yajyaga akunda gusoma uwo mwana, akanamukoza intoki mu gitsina ndetse ko yabikoze mu bihe bitandukanye yigisha uwo mwana. Uyu mwarimu utavuzwe amazina, afungiye kuri…

SOMA INKURU

Uwitabiriye Miss Rwanda afite ubumuga akomeje guterwa inkunga mu mushinga we

Uwimana Jeanette ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga wakunzwe mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022 akaza no kwegukana ikamba ry’umukobwa wahize abandi mu kugira umushinga mwiza akomeje gushyikirwa nabantu batandukanye barimo Shirimpumpu umuyobozi w’aborozi b’ingurube mu Rwanda yiyemeje kumushyigikirakubw’umushinga we. Shirimpumpu avuga ko yiteguye gufasha Miss Uwimana Jeannette ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, binyuze muri Kampani yashinze ikora ubworozi bw’ingurube yise Vision Agribusiness Farm LTD (VAF), nyuma y’uko abonye ko Uwimana Jeannette ari umukobwa watinyutse gukora umushinga w’ubworozi bw’ingurube urubyiruko rutinya, amushimira ko ibyo yakoze ari ubutwari. Ati “Uriya…

SOMA INKURU