RDC: I Goma abaturage bigabije ibiro bya MONUSCO

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 25 Nyakanga 2022, abanye- Congo  bazindukiye mu mihanda yo mu Mujyi wa Goma barayifunga bakoresheje amabuye n’imbaho ndetse bigabiza ibiro by’ Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “MONUSCO”  basahura ibikoresho bitandukanye banatwika imodoka z’uyu muryango bawusaba kubavira mu gihugu. Iyi myigaragambyo ikomeye yateguwe n’urubyiruko rwo mu ishyaka riri ku butegetsi (UDPS) ije yunganira iyari yatangijwe n’abagore bari bamaze iminsi mu marembo y’ibiro bya MONUSCO basaba ko izi ngabo zava mu gihugu kuko ntacyo zimariye abaturage ba…

SOMA INKURU

Yahamijwe icyaha cyo kwica umwana yareraga asabirwa gufungwa burundu

Umwanzuro w’Urukiko wasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, aho icyaha cyabereye hitwa Karubibi, akagari ka Cyaruzinge, mu murenge wa Ndera mu karere ka Gasabo. Uru rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwakatiye igifungo cya burundu, Nyirangiruwonsanga Solange, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica ku bushake umwana yareraga. Ubwo hasomwaga uyu mwanzuro abaturage bari benshi baje kumva igihano gihabwa uyu mugore wahamijwe icyaha cyo kwica umwana yareraga. Nyirangiruwonsanga yavukije ubuzima Rudasingwa Ihirwe Davis kandi akabikora ku bushake mu buryo bw’amaherere. Tariki 12 Kamena 2022, nibwo Nyirangiruwonsanga yari yasigaye mu rugo…

SOMA INKURU

Haiti: Imvururu zikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, itsinda riharanira uburenganzira bwa muntu, ryatangaje ko imvururu zimaze icyumweru zibera mu murwa mukuru wa Haiti, Port-au-Prince, zimaze guhitana ubuzima bw’abagera kuri 89. Ni imvururu zatangiye tariki 7 Nyakanga 2022, hagati y’uduce tubiri ari two ‘Cite Soleil’, agace kiganjemo ubukene bukabije ndetse n’agace gatuwe cyane ka Port-au-Prince. Ubu hashize icyumweru imvururu zitangiye zidahagarara, inzego z’umutekano nka Polisi ntizigeze zitabara, mu gihe imiryango mpuzamahanga ubu irimo kugorwa no kubona aho inyuza ibiribwa n’imiti kugira ngo bigere ku babikeneye cyane. Mu itangazo ryasohowe n’abaharanira…

SOMA INKURU

Papa Francis yakoze igikorwa kitigeze kibaho muri Kiliziya Gatorika

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 13 Nyakanga 2022, ababikira babiri Raffaella Petrini na Yvonne Reungoat ndetse n’umulayiki, Maria Lia Zervino, Papa Francis yashyize mu kanama ngishwanama kamufasha mu up gutoranya Abasenyeri ku Isi, ubusanzwe kari kagizwe n’abagabo gusa.  Ni ubwa kabiri umubikira Petrini agiriwe icyizere na Papa Francis mu gihe kitageze ku mwaka. Mu Ugushyingo umwaka ushize, Papa yamugize Umunyamabanga Mukuru muri leta ya Vatican. Umubikira w’Umufaransa, Reungoat, ni umwe mu bagore ba mbere bashyizwe mu rwego rushinzwe abihayimana mu 2019, mu gihe Lia Zervino, ari uwo muri Argentine usanzwe…

SOMA INKURU

Ngororero: Atwite ku myaka 14, uwayimuteye nta tegeko rimureba

Usanga hirya no hino mu Rwanda hagaragara ibibazo by’abana basambanywa ndetse bagaterwa inda imburagihe, akenshi abagabo bakuze cyangwa abasore nibo bashyirwa mu majwi kuba inyuma y’iki kibazo. Ariko siko byagenze mu karere ka Ngororero , mu murenge wa Muhororo, ahagaragaye umwana watewe inda ku myaka 14,  uwayimuteye akaba atarigeze akurikiranywa kuko nta tegeko rimuhana. Uwatewe inda muri iyi nkuru yiswe Mukamana, akaba yigaga mu mwaka wa 4 w’amashuri abanza, we ubwe ibyo yabwiye itangazamakuru ndetse binahura n’ibyo yabwiye umubyeyi we ni uko uwamuteye inda ari umunyeshuri bigaga ku kigo kimwe…

SOMA INKURU

Bandebereho, gahunda itanga icyizere mu gukumira ihohoterwa ribera mu miryango

RWAMREC (Umuryango uharanira iterambere ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo binyuze mu guteza imbere imyumvire n’imyitwarire y’abagabo mu gufata iya mbere barwanya ihohoterwa), yatangije gahunda ya Bandebereho mu buryo bw’igerageza muri 2013, ku bufatanye n’ikigo cy’ubuzima (RBC), Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango n’umushinga Promundo w’abanyamerika. Iyi gahunda yageragerejwe mu turere twa Musanze, Nyaruguru, Karongi na Rwamagana, aho bahitagamo umuryango bagendeye ku kuba umugore atwite cyangwa bafite umwana uri mu minsi 1000 kugeza ku bafite umwana w’imyaka 5, ikaba yari igamije kurwanya ihohoterwa ndetse no guteza imbere imibereho myiza y’umuryango binyuze mu biganiro…

SOMA INKURU

Imbamutima z’abanyarwanda batahutse bava DRC

Abanyarwanda 103 batahutse bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bavuga ko bari babayeho nabi kubera umutekano muke. Muri abo 103 baje up abagabo ni 15, mu gihe abasigaye ari abagore n’abana. Abatashye bavuga ko binjiye mu Rwanda tariki 7 Nyakanga 2022 banyuze ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi, bavuga ko batangajwe no kubona u Rwanda rwarabaye rwiza mu gihe aho bari batuye mu mashyamba babeshywaga ko abaje bicwa cyangwa bagafatwa nabi. Uwase Kamanzi ufite imyaka 28, yatahanye abana batatu. Avuga ko umugabo we yishwe mu ntambara ziheruka…

SOMA INKURU

Yeguye asaba abo yayoboraga gukomeza inshingano

Mu bwongereza hatangajwe gahunda yo kwiyamamariza umwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza,  Boris Johnson wari Minisitiri w’Intebe asaba abagize guverinoma yarayoboye gukomeza inshingano kugeza igihe hazabonekera Umuyobozi mushya. Mu rye Boris Johnson yatangaje ko yatowe n’abantu benshi kuva mu mwaka wa 1987 akaba ari na we wagiraga umubare munini w’amajwi guhera mu 1979. Ashimangira ko atewe ishema n’ibyo yakoze mu myaka yose amaze ku buyobozi, anavuga ko muri ibyo harimo kuba I cye  cyaravuye muri COVID-19 cyemye kuko ari na cyo cyagejeje inkingo ku baturage benshi mu gihe gito ku…

SOMA INKURU

Ivugurura mu mikorere y’abajyanama b’ubuzima

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko guhera muri uyu mwaka w’ingengo y’imari, hazavugururwa imikorere y’abajyanama b’ubuzima bitewe n’uko hari abageze mu zabukuru bafite intege nke batagishoboye izo nshingano, ibi kandi ngo bizajyana no kwinjiza ikoranabuhanga mu mikorere yabo. Bamwe mu baturage ndetse n’abakora mu rwego rw’ubuzima bashima akazi gakorwa n’abajyanama b’ubuzima, kubera serivisi batanga zibaramira mu gihe barwaye. Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko gahunda y’abajyanama b’ubuzima yashyizweho mu mwaka w’1995, yatangiranye n’abajyanama  b’ubuzima basaga ibihumbi 12 none kuri ubu basaga ibihumbi 58. Iyi Ministeri ivuga ko ubushakashatsi bwakozwe mu bihe bitandukanye bwagaragaje ko…

SOMA INKURU

Impinduka ku myubakire ya Stade Perezida Kagame yemereye abaturage

Stade Perezida Kagame yemereye abaturage izubakwa mu kagari ka Mushirarungu, mu murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza,  byateganywaga ko iyi stade izubakwa ku buso bwa hegitari ziri hagati ya 15 na 18 ikaba ifite imyanya ibihumbi 10, ariko inyigo iza kuvugururwa ingano yayo irongerwa. Kuri ubu inyigo nshya yerekanye ko Stade olympique ya Nyanza izubakwa ku buso bwa hegitari 28. Ni stade izaba itwikiriye yose ndetse ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 20 bicaye neza. Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yatangaje ko inyigo yamaze gushyikirizwa Minisiteri ya Siporo…

SOMA INKURU