Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda igiye kwakira inama ya Komite Nshingwabikorwa y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko muri Afurika, izaterana ku nshuro ya 77, ikaba izaterana kuva ejo kugeza kuya 11 Werurwe 2022, aho biteganyijwe ko abagera ku 120 ari bo bazayitabira bahagarariye Inteko Zishinga Amategeko 41. Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yavuze ko agaciro ko kwakira iyi nama katagarukira ku Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda gusa ahubwo kagera no ku Banyarwanda muri rusange. Ati “Twizeye ko tuzagira ibiganiro bizavamo umusaruro mwiza. Ntidushidikanya ko uzaba umwanya mwiza wo kungurana…
SOMA INKURUMonth: March 2022
U Budage ntibukozwa iby’itangazo rya G7 rifatira Uburusiya ibihano
Guverinoma y’u Budage yitandukanyije n’umugambi wo gukumira gaz na peteroli bituruka mu Burusiya, ivuga ko igihugu kibikeneye cyane ndetse ko mu gihe byagenda gutyo byahungabanya urwego rw’ingufu mu gihugu. Itsinda ry’ibihugu rya G7 ku wa Gatanu ryasohoye itangazo risobanura gahunda yaryo yo gufatira u Burusiya ibihano bishya ndetse bikakaye kubera intambara bwashoje kuri Ukraine. Minisitiri ushinzwe ubukungu mu Budage, Robert Habeck, yatangaje mu cyumweru gishize ko atazigera asaba cyangwa ngo ashyigikire ko gaz na peteroli byinjizwa mu gihugu bivuye mu Burusiya bikumirwa. U Budage bwari buherutse gusoza ibikorwa byo kugenzura…
SOMA INKURUUmusaruro w’ikigo cyita ku bana bavukana ubumuga bwo mu mutwe kimaze imyaka 18
Ikigo CEFAPEK cyo mu karere ka Kamonyi kimaze imyaka 18 cyita by’umwihariko ku bana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe kugira ngo babashe gukira no gukura neza kuko byari bimaze kugaragara ko banenwa muri sosiyete. Iki kigo giherereye mu murenge wa Gacurabwenge cyashinzwe mu 1998 n’Ababikira bagamije kwita ku bana bafite imirire mibi. Nyuma yaho Leta y’u Rwanda ijyanye iyo serivise mu bigo nderabuzima, cyasigaye gifasha abantu batishoboye n’abanyantege nke. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ubuyobozi bw’icyo kigo bwatekereje uko hakongerwa imbaraga mu gufasha abatishoboye n’abababaye kuko bariho ku…
SOMA INKURUAkoresheje imvugo ijimije yasabye abarusiya kwikiza Perezida Putine
Umusenateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lindsey Graham, abinyujije kuri twiter ndetse anakoresheje imvugo ijimije, yahishuriye Abarusiya ko niba bashaka ko mu gihe kiri imbere batazabaho mu muhezo, bakwiriye kwikiza Putin hakiri kare. Lindsey Graham yabivuze nyuma y’uko hari hamaze gutangazwa amakuru y’uko Ingabo z’u Burusiya zarashe ku ruganda rw’ingufu za nucléaire muri Ukraine. Ati “Uburyo bwonyine bwo gushyira iherezo kuri ibi, ni ukwikiza uyu mugabo.” Graham yanditse kuri Twitter ye ati “Keretse niba mudashaka kuzabaho mu mwijima ubuzima bwanyu bwose, muhejwe, muri mu bukene.” Ntabwo mu magambo ye…
SOMA INKURUAbasore batatu bakekwaho kwica uwo bakoranaga batawe muri yombi
Abasore batatu bo mu murenge wa Musasa, mu karere ka Rutsiro batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo bakoranaga mu ruganda rukora inzoga. Ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko aba basore bafunzwe kuko ari bo baherukana na nyakwigendera kuko batahanye bavuye ku kazi kuwa Gatatu akaza kuboneka mu gitondo yapfuye. Nyakwigendera Nshimiyimana Jean Pierre akaba yari asanzwe akora akazi ko kwikorera imitobe ijya mu ruganda rwenga inzoga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Musasa, Uwamariya Clemence yemeje ko bafunzwe mu rwego rw’iperereza ahumuriza abaturage ndetse abasaba kwirinda urugomo. Ati…
SOMA INKURUUmucungagereza yarashe mugenzi we, dore icyo ubuyobozi butangaza
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, rwatangaje ko mu ijoro ryo kuwa 3 Werurwe 2022, muri Gereza ya Gicumbi iherereye mu Murenge wa Miyove habereye impanuka y’umucungagereza warashe mugenzi we. Ibi byabaye ubwo hari umucungagereza w’umukobwa wari urwaye bagenzi be babiri bajya kumusura mu masaha y’umugoroba, ubwo bari muri icyo cyumba baganira nibwo mugenzi wabo w’umusore, yinjiyemo aza kurekura isasu rifata umwe muri abo bakobwa ahita ajyanwa mu bitaro aza gupfa nyuma y’igihe gito. Ubuyobozi bwa Gereza ya Gicumbi butangaza ko aba bacungagereza bari basanzwe babanye neza ndetse uwo musore yari…
SOMA INKURURulindo: Imiryango 1800 yakuwe mu manegeka
Imiryango irenga 1800 yo mu Murenge wa Burega mu karere ka Rulindo imaze gukurwa mu manegeka, abamaze gutuzwa neza bakaba bavuga ko bishimira ko batagihangayikishwa no gutwarwa n’inkangu bagasaba abagituye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka. Burega ni Umurenge ugizwe n’imisozi miremira kandi ihanamye, mu bihe nk’ibi by’mvura abahoze mu manegeka bavuga ko bahoranaga ubwoba bwo gutwarwa n’inkangu, none aho bagereye kuri site y’imiturire barishimira imibereho myiza bafite. Site aba baturage batuyeho igizwe n’imidugudu 9, mbere y’uko itunganywa ngo ryari ishyamba ariko kuri ubu hari umuhanda, amashuri, ibitaro, amashanyarazi n’amazi…
SOMA INKURURwanda: Amakuru mashya kuri Covid-19 atanga icyizere cy’ubuzima
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje Ejo hashize kuwa mbere tariki 28 Gashyantare 2022, mu bipimo 12861 byafashwe habonetsemo abanduye Covid-19 bashya 13, Nta muntu wishwe n’iki cyorezo mu Rwanda. ubwanditsi@umuringanews.com
SOMA INKURUUruhuri rw’ibibazo byugarije akarere ka Nyamagabe
Ibibazo birimo amakimbirane yo mu miryango, abashakanye babana bataresezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko, ubuharike, guta ishuri kw’abana bakajya kuzerera, umwanda, abafite uburwayi bwo mu mutwe, abangavu baterwa inda imburagihe, abatagira aho kuba n’abadafite ubwiherero ni bimwe mu byugarije abatuye mu karere ka Nyamagabe. Ni ibibazo inzego z’ubuyobozi ku bufatanye n’abafatanyabikorwa biyemeje gukemura ndetse n’abaturage ubwabo babigizemo uruhare. Imiterere y’akarere ka Nyamagabe yerekana ko gafite imirenge 12 utugari 92 n’imidugudu 536 n’amasibo 3294 kakaba gatuwe n’ingo 90.198 zibamo abaturage 374.098 bagizwe n’abagabo 183.380 ndetse n’abagore 190.790. Ibibazo binyuranye byugarije imiryango yo…
SOMA INKURUIntambara muri Ukraine ikomeje gufata indi ntera
Igisikare cya Ukraine cyatangaje ko abasirikare b’Uburusiya basubukuye ibitero byabo ku murwa mukuru Kyiv. Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka yatangaje kuri Facebook ko “ibintu bikomeye gukomera ku nkengero za Kyiv”. Uyu avuga ko “nubwo umwanzi ari gutsindwa mu bitero, akomeje kurekura umuriro ku ngabo no ku basivili”, yongeraho ko abarusiya bateganya “kwifatanya n’amatsinda y’ingabo zidasanzwe za repubulika ya Belarus”. Amafoto y’icyogajuru yatangajwe mu gitondo kuwa kabiri na kompanyi ya Maxar Technologies yerekanye umurongo wa 65km w’imodoka z’intambara z’Uburusiya zerekeza i Kyiv. Intumwa z’Uburusiya na Ukraine ibiganiro byazo muri Belarus…
SOMA INKURU