Rusesabagina yakuriwe inzira ku murima

Urugereko rw’ihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwemeje ko rufite ububasha bwo kuburanisha Rusesabagina Paul ibyaha birimo iterabwoba n’ubwicanyi akurikiranyweho, mu gihe yari aherutse kuvuga ko uru rukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha kuko ari umubiligi. Urukiko rwatangaje ibi rwifashishije ingingo ya 42 y’itegeko rigena ububasha bw’inkiko mu Rwanda., bityo rutangaza ko ibyo Rusesabagina yatangaje nta shingiro rufite. Ni urubanza rukomeje kuburanishirizwa i Kigali. Uru rukiko rwemeje inzizitizi y’iburabubasha yatanzwe na Paul Rusesabagina nta shingiro ifite, Rwemeje ko uru rukiko rufite ububasha wo kuburanisha Rusesabagina Paul , ni urubanza…

SOMA INKURU

Imyiteguro ku nama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC irarimbanyije

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yayoboye Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, EAC itegura iy’Abakuru b’Ibihugu by’uyu Muryango izaba ku wa 27 Gashyantare 2021. Iyi nama yabaye ku wa 25 Gashyantare hifashishijwe ikoranabuhanga yanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh. Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yavuze ko ibyavugiwe muri iyi nama ari ibigamije gutegura iy’abakuru b’ibihugu byo muri EAC. Iyi nama ibaye mu gihe habura umunsi umwe ngo habe Inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu…

SOMA INKURU

Yiyahuye nyuma yo gushinjwa gusambanywa abo atoza

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’abagore y’igororangingo (gymnastics) ya Leta zunze ubumwe za Amerika yiyahuye nyuma y’amasaha arezwe ihohotera rishingiye ku gutsina no gucuruza abantu, nk’uko abategetsi babivuga.  Ibiro bya Dana Nessel, umushinjacyaha mukuru wa Michigan, byemeje urupfu rwa John Geddert kuwa kane nimugoroba. Mu gitondo cyo kuwa kane, Madamu Nessel yari yatangaje ibirego 24 ashinja John Geddert.Geddert niwe wari umutoza mukuru w’ikipe ya Amerika ya gymnastics mu 2012, yakoranaga bya hafi na muganga w’ikipe Larry Nassar, wahamwe no guhohotera abakinnyi amagana. BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu 2018 Nassar…

SOMA INKURU

Covid-19 iteje uruhurirane rw’ibibazo ab’imikino y’amahirwe

Bamwe mu bakoraga mu mikino y’amahirwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bararira ayo kwarika aho bavuga ko bugarijwe n’inzara n’ubushomeri kuko bamaze amazi asaga icumi badakora. Abakoraga muri iyi mikino babwiye IGIHE ko bifuza ko indi nama y’Abaminisitiri izaterana yazabatekerezaho uko basubira mu mirimo kuko babayeho mu buzima bubabaje. Munyentwari Olivier umwe mu bakoraga muri iyo mikino yagize ati “ Nimutuvugire tubayeho nabi. Ibaze abantu tumaze mezi arenga 10 tudakora kandi twari tumenyereye kubaho dukora twigurira icyo dukeneye cyose, wumve uko tubayeho.” Kamazi Anaclet wakoraga mu nzu y’imikino y’amahirwe…

SOMA INKURU

Perezida wa Senegal yafashe iya mbere mu kwikingiza

Ubwo Senegal yatangiraga ibikorwa byo gukingira abaturage bayo icyorezo cya COVID-19, Perezida w’iki gihugu , Macky Sall na we ari mu bakingiwe. Perezida Macky Sall yakingiwe ku wa 25 Gashyantare. Iki gikorwa kikaba cyaranyuze kuri televiziyo zitandukanye zo muri iki gihugu. Kuva mu minsi ibiri Senegal itangiye ibikorwa byo gukingira abaturage bayo, imaze gukingira abagera ku 4000. Inkingo iki gihugu kiri gukoresha ni izigera kuri doze ibihumbi 200 cyaguze mu Bushinwa. BBC yatangaje ko Perezida Macky Sall yavuze ko bahisemo kuba baguze izi nkingo kuko batari gutegereza igihe bazagerezwaho izo…

SOMA INKURU

Polisi y’u Rwanda yagobotse ikigo cy’amashuri cyari kibasiwe n’inkongi y’umuriro

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gashyantare ahagana saa munani nibwo abapolisi bo mu ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi bagiye kuzimya inkongi y’umuriro yarimo kubera mu macumbi y’abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) riherereye mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi. Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega yavuze ko muri iryo joro Polisi yatabaye igerageza kuzimya inkongi ntihagira umunyeshuri ugira icyo aba ndetse na bimwe mu…

SOMA INKURU

Icyo abana b’abahungu basambanyijwe basaba umuryango nyarwanda nyuma y’akaga gakomeye bibonyemo

Abana b’abahungu bagize ingorane zo gusambanywa baravuga ko byabagizeho ingaruka zirimo n’indwara zidakira bagasaba ko umuryango nyarwanda wahagurukira iki kibazo ku buryo bw’umwihariko. Uyu musore wimyaka 18, twamuhimbye Claude ariko aya si yo mazina ye y’ukuri avuga ko yasambanyijwe afite imyaka 14, gusobanura urwo rugendo biragoranye, ariko arabisobanura. Yahize ati  “Nari mvuye mu rugo ngiye kuvoma, mpura n’umuntu arantwaza yari mukuru, anjyana mu gashyamba kaba hari hafi ya Expo, amfatiraho icyuma arambwira ngo ryama hasi ankuramo icyuma ndaririra abikoze birandya cyane byabanje kwanga asigamo ibintu bimeze nkamavuta, mva amaraso ndinda…

SOMA INKURU

Covid-19 ikomeje guhindura isura nyuma y’ingamba zikakaye zo kuyirinda

Uyu munsi kuwa kane tariki 12 Gashyantare 2021, mu Rwanda habonetse abantu 259 bakize icyorezo cya COVID19  bituma umubare w’abamaze gukira ugera ku 13,937 bangana na 81%, abantu batanu nibo bahitanywe n’iki icyorezo, bituma umubarew’abamaze gupfa bose bagera kuri 236. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abarwayi bashya babonetse ari 132 batumye umubare w’abamaze kurwara Covid-19 ugeraku 17,200 barimo 3,027 bakirwaye barimo 16 barembye. Aba barwayi bashya muri bo abo mu mujyi wa Kigali ni 25, Kayonza 12, Nyaruguru 11, Gisagara 10, Nyamagabe 10, Muhanga 9, Karongi 7, Ruhango 7, Nyagatare 6,…

SOMA INKURU

Diamond yatangaje uburyo kubaka izina bihenze

Umuhanzi Diamond Platinumz yahishuye uburyo indirimbo ’Number one’ yakoranye na Davido wo muri Nigeria ari imwe mu zamutwaye akayabo mu myaka ye ya mbere mu muziki, ikanamushora no mu madeni.  Iyi ni indirimbo yamamaye cyane muri Afurika no mu bindi bihugu bitandukanye byo hanze yayo, ituma izina rya Diamond Platnumz ryamamara cyane. Kugira ngo wumve neza uburemere ibi bintu bifite biroroshye, urebye kuri YouTube usanga indirimbo Diamond yabanje gukora wenyine yasohotse mu 2013, ifite abayirebye basaga miliyoni zirindwi gusa mu gihe iyo yasubiranyemo na Davido ikajya hanze mu ntangiriro za…

SOMA INKURU

Muhanga: Padiri yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Padiri Habimfura Jean Baptiste wo muri Paruwasi ya Ntarabana muri Diyosezi ya Kabgayi.  Akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 wabakoreraga. RIB itangaza ko kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Gashyantare ari bwo uyu mupadiri yafashwe ageze ku  ku mupaka wa Rusumo mu Karere ka  Kirehe, agerageza gutoroka. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry avuga ko Padiri Habimfura afungiye kuri Stasiyo ya RIB i Nyamabuye mu gihe iperereza rikomeje ku byaha akurikiranyweho. NIYONZIMA Theogene

SOMA INKURU