Meddy umuhanzi ukunzwe cyane yakoze igitaramo ashimisha abamukunda mu Bwongereza

Meddy usanzwe aba muri Amerika, akaba umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bakunzwe ku kigero cyo hejuru, yakoze igitaramo cye cya mbere mu Bwongereza mu Mujyi wa Birmingham mu ijoro ryo kuwa 22 Nzeri 2018. Ikindi azagikora kuwa 29 Nzeri 2018 mu Mujyi wa London. Nk’uko byagaragaye mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga, iki gitaramo cyitabiriwe n’abanyarwanda batari bake baba mu Bwongereza, ndetse barishimye cyane. Ku rundi ruhande hari ibiramenywe na benshi ko umukobwa ukundana na Meddy ukomoka muri Ethiopia yafashe rutema ikirere agasanga uyu musore yihebeye mu Bwongereza. Nk’uko yabigaragaje ku…

SOMA INKURU

Minisitiri Mutimura yasanganiwe n’ibibazo by’ingutu biri mu burezi i Nyamasheke

Minisitiri Dr Mutimura Eugene yagiye mu Karere ka Nyamasheke abanza kuzenguruka muri bimwe mu bigo by’amashuri nyuma abwira TV/Radio One ko yahasanze ibibazo byinshi kandi birimo iby’ingutu harimo kuba muri aka karere abana baho bakunze gukererwa ishuri ndetse abandi bakarivamo, yanatangaje ko yanahasanze ikibazo cy’abarimu badashoboye aho usanga umwarimu wigisha isomo ariko yagera hagati agasanga hari bimwe mu bice bigize iryo somo (Chapitre) atumva neza akajya gushaka undi mwarimu urimwigishiriza. Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri ndetse n’abashinzwe uburezi muri aka Karere ka Nyamasheke bavuga ko impamvu zitera abana gukererwa cyane…

SOMA INKURU

Abakozi ba Bishop Rugagi baramushinja ubwambuzi

Mu gihe inkuru ikomeje kuvugwa muruhando rw’iyobokamana mu Rwanda ariyo kuba Bishop Rugagi Innocent agiye ari mu mishinga yo kugura indege ye bwite, Kuri T7 y’itorero uyu mukozi w’Imana ashumbye induru ni yose mubakozi basaga 13 bavuga ko ari abanyamakuru b’iyi Television ya Bishop Rugagi Innocent  bemeza ko bamaze amezi umunani badahembwa. Bamwe muri bo batangiranye n’iyi televiziyo mu mwaka wa 2017 mu kwezi k’Ukwakira 2017, bakora imirimo itandukanye, irimo ibiganiro, gufata amashusho n’ibindi. Bafite amakarita y’akazi agaragaza imirimo bakora bamwe bakanagira ibindi byangombwa bigaragaza ko ari abakozi b’iyi televiziyo…

SOMA INKURU

Mu rugo rw’umuturage mu Karere ka Rubavu habonetse imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside

Mu rugo rw’umuturage utuye mu Mudugudu wa Mizingo, Akagari ka Nyirabigogo mu Murenge wa Kanzenze, mu Karere ka Rubavu, habonetse imibiri umunani y’Abatutsi bishwe muri jenoside  mu 1994. Iyo mibiri yabonetse ubwo abakozi baviduraga ubwiherero mu rugo rw’umuturage witwa Hakomerimana Jean Baptiste.  Mu gihe cya jenoside urwo rugo rwari urwa Bizimana Boniface. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzeze, Nyiransengiyumva Monique, yabwiye Radio Rwanda, ko iyi mibiri yabonetse ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Yagize ati “Imibiri imaze kuboneka yose hamwe ni umunani yari hamwe muri icyo cyobo cy’ubwiherero. Bakimara kuyibona umuturage nyir’urugo…

SOMA INKURU

Salome Nyirarukundo yaciye agahigo mu bakoresheje igihe gito muri marato i Montreal

Umunyarwandakazi  Nyirarukundo salome Umukinnyi w’imikino ngororamubiri, yaraye yitwaye neza i Montreal mu gihugu cya Canada, yegukana irushanwa rya marato ryahabereye kuri iki cyumweru ikaba yari yitabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 11000 bakomoka mu bihugu 61 binyuranye byo ku isi, akaba ari naho Salome Nyirarukundo yitwaye neza cyane mu gice cy’abagore, asoza ku mwanya wa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota makumyabiri n’umunani n’amasegonda abiri (2H28’2″), yahise yegukana igihembo kingana na Miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda . Uyu mukinnyi w’umunyarwanda yahise aca agahigo muri iri rushanwa kuko nta w’undi mukinnyi wari warakoresheje ibihe…

SOMA INKURU

Kutamenya kubungabunga ibidukikije, intandaro y’akaga kabagwiririye

Ni mu Karere ka Karongi, mu Murenge wa Rwankuba, Akagali ka Rubazo n’aka Gatsata, Ahabaye ibiza bidasanzwe, aho hapfuye  abantu  27 muri uyu mwaka, abantu 455 bava  mu byabo, nyuma y’ibiza byabaye tariki 6 Gicurasi 2018, bigatera ibibazo binyuranye. Kugeza ubu abaturage bari batuye ahatwawe n’ibiza  batangarije umuringanews.com ko iyo bamenya ku buryo bwimbitse ingaruka z’ibiza baba barabyirinze mbere bitarabatwarira abantu n’ibyabo, babungabunga ibidukikije.   Umuryango wa Habineza Karoli na Yamfashije Marcelline babyaye gatatu, utuye mu Mudugu wa Runyinya, Akagali ka Rubazo, ahibasiwe n’ibiza, nawo ishyano ryakuruwe n’ibiza ntiryabasize,  kugeza…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya Komisiyo y’umurongo mugari wa Interineti

Kuri iki Cyumweru tariki 23 Nzeli 2018, ubwo Perezida Paul Kagame yitabiriraga inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Interineti, i New York,  yateguwe na komisiyo afatanya kuyobora na Carlos Slim, yatangiye aha ikaze abakomiseri bashya muri iyi komisiyo, avuga ko umusanzu wabo uzaba ingirakamaro ku bikorwa byayo. Perezida Kagame yagize ati “Ubwo abantu benshi bamaze kugerwaho na Interineti, tugomba gutekereza ku buryo buri wese yagerwaho n’iryo koranabuhanga mu buryo bungana kandi ntawe ubangamiwe. Kugira ngo tubyaze umusaruro udushya tuzanwa n’Ikoranabuhanga tugomba no gutekereza ku bigenga”. Ku bijyanye n’abakoresha ikoranabuhanga imibare…

SOMA INKURU

Imbere y’abafana bayo Enyimba FC yasezereye Rayon Sports iyinyagiye ibitego bitanu

Enyimba FC yo muri Nigeria yanyagiye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda ibitego bitanu kuri kimwe mu mukino wo kwishyura muri ¼ cya CAF Confederations Cup, bituma urugendo rwa Rayon Sports muri aya marushanwa rurangirira hano. Umukino ubanza wabereye kuri Stade Regional ya Kigali kuwa 16 Nzeri wari warangiye ari ubusa ku busa, Rayon Sports yari yagiye muri Nigeria isabwa kunganya ku bitego cyangwa igatsinda, mu mukino wabereye kuri Enyimba International Stadium kuri uyu wa 23 Nzeri 2018, gusa iyi kipe ya Rayon Sports ntibyayihiriye kuko ku munota wa…

SOMA INKURU

Nyuma y’imyaka itandatu akubise umunyarwanda, yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Koffi Olomide ubusanzwe witwa Christopher Agepa Mumba, yagombaga kwitaba urukiko rw’ibanze rwa Lusaka kuri uyu wa Gatanu, ariko ntiyigeze ahagaragara ari naho umucamanza yahereye atanga urupapuro rwo kumuta muri yombi. Uru rukiko rwo muri Zambia rukaba rwaratanze impapuro zo guta muri yombi umuhanzi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Koffi Olomide, ushinjwa gukubita umufotozi w’umunyarwanda. Nk’uko ikinyamakuru The East African cyabitangaje,  Mu kwezi gushize nibwo Koffi Olomide yamaze icyumweru muri Zambia akora ibitaramo mu bice bitandukanye, ubwo ubutabera bwamenyaga ko uyu muhanzi ari mu gihugu, bwamwandikiye urupapuro rumusaba kwitaba…

SOMA INKURU

Sibomana Jean Bosco “Dr Scientific” umuhanzi uhishiye byinshi abaturarwanda

Ejo hashize kuwa gatandatu tariki 22 Nzeli 2018, nibwo umuringanews.com waganiriye n’ umuhanzi witwa Sibomana Jean Bosco uzwi ku izina ry’ubuhanzi Doctor scientific,  adutangariza ibyo amaze kugeraho  ndetse n’ibyo ahishiye abanyarwanda by’umwihariko abakunzi ba muzika nyarwanda cyane ko Iby’ubuhanzi abikora abikunze aho  yatangiye ahimba indirimbo gakondo akazijyana muri studio bigera n’aho atangira guhimba izifite injyana ya reggae, zuke, RnB cyangwa se afrobeat. Uyu muhanzi ufite imyaka 38 yarashatse,  afite abana batandatu(6) abahungu batanu (5) n’umukobwa umwe (1), akaba atuye mu Murenge wa Jabana, Akagali ka   Bweramvura, Umudugudu wa  Gitega ,…

SOMA INKURU