Ubushakashatsi bwa gatandatu ku buzima n’imibereho bwagaragaje ko 34% by’ingo mu Rwanda zidatunze inzitiramibu, ariko kandi ngo n’ingo nyinshi zizifite ziri mu mijyi kuko zihariye 76%, mu gihe ingo zo mu cyaro zifite inzitiramibu ziteye umuti ari 64% by’umubare w’abazifite. Nubwo ubushakashatsi bwerekanye ibi, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC”, mu biganiro binyuranye cyagiye kigirana n’itangazamakuru rinyuranye cyemeje ko nta mpungenge abantu bakwiriye kugira ku kuba indwara ya malaria ishobora kwiyongera, kuko ubushakashatsi bwakozwe abaturage batarahabwa inzitiramibu, nubwo bwagiye gushyirwa ahagaragara inzitiramibu zaramaze gutangwa. Abaturage bati: “Nta nzitiramubu duheruka” Abaturage banyuranye bo…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Cancer cases in younger people rising globally, researchers say
Factors such as obesity and alcohol consumption are contributing to a worrying rise in global cancer cases among younger people, a study suggests. According to Associated Press, researchers estimated there had been a 79% hike in new cases of cancer in those aged under 50 between 1990 and 2019. However, rates in the UK were stabilised from 2010 to 2019 with the annual mortality rate from early-onset cancer “steadily decreasing”. A team from the University of Edinburgh and the Zhejiang University School of Medicine in China analysed data from the…
SOMA INKURUAfurika y’Epfo: Inkongi y’umuriro yivuganye abasaga 70
Abategetsi bo muri Afurika y’Epfo bavuga ko abantu nibura 73 bapfuye nyuma yuko inkongi y’umuriro yadutse mu nyubako y’amacumbi mu mujyi wa Johannesburg. Abandi bantu barenga 50 bakomeretse. Abategetsi b’i Johannesburg bavuga ko bitaramenyekana icyateje iyo nkongi yibasiye iyo nyubako y’amagorofa atanu rwagati muri uwo mujyi. Mu kiganiro n’abanyamakuru, ubuyobozi bw’umujyi wa Johannesburg bwemeje ko ari bwo nyir’iyo nyubako yahiye ariko buvuga ko ibico by’abagizi ba nabi byari byarayigaruriye. Umuvugizi w’inzego z’ubutabazi bwihuse, Robert Mulaudzi, yabwiye BBC ko abazimya umuriro bashoboye gukuramo bamwe mu baba muri iyo nyubako. Yavuze ko…
SOMA INKURUNi iki kihishe inyuma y’ibura ry’imiti ya kanseri?
Muri iyi minsi ibura ry’imiti y’indwara ya kanseri rikomeje guteza ikibazo mu bihugu bitandukanye by’Isi, ku buryo uretse n’abayikeneye bari gukomeza kuremba, abashakashatsi bagaragaza ko ibi bishobora kuzagira n’ingaruka mbi ku bushakashatsi kuri iyi ndwara. Nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iki gihugu kiri guhura n’ibibazo by’ibura by’imiti kurusha ikindi gihe cyose cyabayeho ku buryo abari bafite gahunda yo kujya gusuzumwa iyi ndwara (chemotherapy) zitinda cyangwa zigakurwaho kubera icyo kibazo. Chemotherapy ni uburyo umurwayi ajya kwa muganga agahabwa imiti imufasha kwica utunyangingo tw’iyo ndwara, ikarinda ko iyo kanseri ikwirakwira…
SOMA INKURUKigali: Ubushomeri, kimwe mu mpamvu-muzi y’ubwandu bushya bwa SIDA
Kicukiro kamwe mu turerere dutatu tugize umujyi wa Kigali uvugwaho ubwiganze bw’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ku gipimo cya 4,3%, kakaba hejuru ugereranyije n’utundi turere, aho usanga urubyiruko ruvuga ko ubushomeri ari yo ntandaro, bigaha urwaho abagabo bakuze, no kumva ko kwifata bitakibaho. Ubu busambanyi hagati y’urubyiruko n’abakuze bugaragara muri Kicukiro, abahatuye bemeza ko butizwa umurindi n’amazu y’abakire aba ari mu bipangu afunze, mu by’ukuri nta muryango utuyemo, ahubwo ari inzu z’ibanga abagabo runaka baba baziranyeho, akaba ari naho basambanyiriza urubyiruko, k’ubw’ubukene abenshi bakemeza ko iyo abo bagabo bakuze…
SOMA INKURUIngaruka za covid-19 zaba zarageze muri serivise zo kubaga?
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’abaganga babaga mu Rwanda, batewe inkunga n’Inama y’Igihugu y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (NCST), Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal bikurikirana imirimo yose y’ishyirwa mu bikorwa ryabwo, kuri uyu wa 28 Kamena 2023, bwamuritswe bukaba bwarakorewe mu bitaro 22 bya leta n’ibyigenga, bugaragaza ko icyorezo cya Covid-19 kitagabanyije cyane itangwa rya serivisi zo kubaga abarwayi kuko abakiriwe mu mwaka wa mbere wacyo bajya kungana n’abakiriwe mu 2021. Ubu bushakashatsi kandi bwagizwemo uruhare n’izindi nzego zitandukanye zirimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Minisiteri y’Ubuzima, Ibitaro bitandukanye birimo CHUK, Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda…
SOMA INKURUGisagara-Mugombwa: Zimwe mu mpamvu muzi zishora urubyiruko mu biyobyabwenge
Mugombwa umwe mu mirenge igize akarere ka Gisagara ubushakashatsi bwerekanye ko kari ku mwanya wa gatatu mu kugira abakoresha ibiyobyabwenge benshi biganjemo urubyiruko, rwo rukaba rugaragaza impamvu nyamukuru irushora mu biyobyabwenge, nubwo rwemeza ko rubikora ruzi ingaruka zabyo. Ukigera mu isantire ya Mugombwa, uhabona Paruwase, ibigo by’amashuri, ikigo nderabuzima ibi byose bikikijwe n’utubari, butike hafi y’aho hakaba haherereye inkambi ya Mugombwa. Uhasanga urujya n’uruza rw’abantu muri bo higanjemo urubyiruko rutanatinya gutangaza ko rukoresha ibiyobyabwenge. Bamwe bati “Ibibazo biba byaraturenze”, abandi bati “Ubuyobozi nabwo buba bwarangaye”. Urubyiruko ruti: “Tubinywa tutabikunze” Ubwo…
SOMA INKURUImbamutima z’abishimira ipimwa rya “DNA” mu Rwanda
Kuba mu Rwanda hasigaye hatangirwa serivisi yo gupima DNA, byakemuye ibibazo byinshi, harimo n’iby’abagabo cyangwa abasore bihakanaga abana babyaye, cyane cyane iyo bababyaye batarashakanye na ba nyina. Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera, (Rwanda Forensic Laboratory/RFL) yatangiye gukora ibizamini byo kwerekana isano hagati y’abantu n’abandi (ADN/DNA) muri Werurwe 2018, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo Kigo. Kugeza ubu ikaba itanga ibisubizo byizewe kuko ikoresha abakozi b’inzobere kandi iyo serivisi itanga ikaba iri ku rwego mpuzamahanga, kuko yifashisha ibikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho. Murekatete Oliva (amazina yahawe), akomoka mu murenge wa Kansi,…
SOMA INKURUPuderi y’abana yakuwe inahagarikwa ku isoko ry’u Rwanda
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse kandi kigakura ku isoko puderi y’abana yitwa ‘Johnson’s baby Powder’, bitewe n’icyemezo cy’uruganda ruyikora. Itangazo ryasinyweho na Dr Emile Bienvenue uyobora Rwanda FDA, rivuga ko puderi ya ‘Johnson’s baby powder’ ikoze mu kinyabutabure cya ‘talcum’, yahagaritswe mu ngano y’amacupa yose yari isazwe icururizwamo. Abanyarwanda basabwe guhagarika kugura no gukoresha iyo bari baraguze yose. Abayicuruzaga bose basabwe kuyisubiza aho bayiranguye, uhereye igihe itangazo ryasohokeye, tariki 17 Kameana 2023. Ikigo Rwanda FDA kandi cyategetse abinjiza mu gihugu ibinoza n’ibisukura umubiri bose,…
SOMA INKURURwanda: Abibasirwa n’indwara y’agahinda gakabije kurusha abandi
Mu mwaka wa 2018 Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” cyakoze ubushakashatsi bwerekanye ko 11,9% by’abanyarwanda bafite indwara y’agahinda gakabije, ari nayo iviramo abayirwaye kwiyahura. Iki kibazo kikaba kirushaho gukaza umurego mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, aho iyi ndwara yikubye inshuro eshatu. Bamwe mu barokotse batangaza ikihishe inyuma yo kwibasirwa n’iyi ndwara y’agahinda gakabije Munyankore Jean Baptiste, warokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu karere ka Bugesera, atangaza ko yagize ikibazo cy’agahinda gakabije n’ihungabana, intandaro ya byose akaba ari ari amateka y’ibyamuyeho. Ati: “Kuva Jenoside yakorewe abatutsi yarangira nagize agahinda…
SOMA INKURU