U Rwanda rugiye gushyigikirwa mu mushinga wo gukora inkingo

Mu gihe igihugu cya Barbados n’u Rwanda bigenda bishimangira umubano, Minisitiri w’Intebe Mia Mottley, yizera ko amasezerano y’ubufatanye yasinywe ku mpande zombi bushobora gutanga inyungu mu kurwanya Covid-19. Yabigarutseho ubwo Perezida Paul Kagame yagerenderaga icyo gihugu mu cyumweru gishize. Perezida Kagame, ubwo yagiriraga uruzinduko rwe rwa mbere rw’akazi muri Barbados, mu bikorwa by’ingenzi yahakoreye harimo no guhagararira isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye zirimo n’ikoranabuhanga. Nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Kagame aherekejwe n’itsinda ry’abayobozi batandukanye, na Minisitiri w’Intebe Mia Mottley, yavuze ko ashishikajwe cyane no kuba igihugu cyo…

SOMA INKURU

Kwakira abimukira ntibivugwaho rumwe, u Rwanda ruti “Tuzubahiriza amategeko mpuzamahanga”

Hashize iminsi mike uRwanda n’Ubwongereza byemeranyije kwakira impunzi n’abimukira binjiye  muri icyo gihugu mu  buryo bunyuranyije n’amategeko, bagafashwa kwitabwaho nyuma ababishaka bakazasubira mu bihugu byabo bakomokamo. Kuwa 14 Mata 2022, nibwo ibihugu byombi byagiranye amasezerano,agamije ko izo mpunzi zagira imibereho myiza . Ayo masezerano agena ko Ubwongereza buzafasha uRwanda  gushora imari muri serivisi zijyanye no kubaka ibikorwaremezo, nk’amashuri, iterambere rigamije guhanga imirimo  haba kuri bo ndetse n’Abanyarwanda ,n’ibindi. Ubwo hashyirwagaho umukono ku masezerano, Minisitiri w’Ubwongereza(Home Secretary) ,Priti patel, yasobanuye ko abazaza, ari abinjiye mu Bwongereza banyuze mu nzira zitemewe. Yagize…

SOMA INKURU

Ukraine ikomeje kuzahazwa n’intambara, irasaba inkunga ibihugu bikize bigize “G7”

Ku cyumweru tariki ya 17 Mata 2022, umujyanama wa Perezida wa Ukraine mu by’ubukungu, Oleh Ustenko, yatangaje ko Ukraine yasabye ibihugu bikize ku Isi bizwi ku izina rya G7 inkunga ingana na miliyari 50 z’amadorari. Oleg Ustenko ubu busabe yabutangarije kuri Televiziyo y’Igihugu kuwa Gatandatu tariki ya 16 Mata ubwo avuka ko Ukraine ishaka gutanga impapuro mpeshwamwenda mu kuziba icyuho cy’icyuho cya miliyari 7 z’amadolari mu ngengo y’imari. Banki y’Isi iri kwitegura koherereza Ukraine miliyari 1.5 z’amadolari yo gufasha icyo gihugu guhangana n’u Burusiya. Ni amafaranga azaza asanga andi miliyoni…

SOMA INKURU

Haratangwa icyizere cyo kurushaho kubaho neza ku mpunzi ziri mu Rwanda

Hatanzwe inkunga y’asaga miliyoni 5 z’amadorali izifashishwa mu kwita ku mpunzi zituruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, zikazafashwa kubonerwa amafunguro n’ibindi nkenerwa. Iyi nkunga yakiriwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa “PAM” ikaba yatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikaba igenewe impunzi 114.153 ziri mu nkambi eshanu zo hirya no hino mu Rwanda. Umuyobozi wa PAM mu Rwanda, Edith Heines, yashimye abatanze iyi nkunga avuga ko igiye guhindura ubuzima bwa zimwe mu mpunzi z’Abanye-Congo n’Abarundi. Nubwo hari inkunga PAM yakiriye ariko iracyakeneye miliyoni 9.8$ kugira ngo…

SOMA INKURU

Uhanganye na Perezida Macron akomeje gushakirwa inenge

Uhanganiye na Perezida Emmanuel Macron kuyobora u Bufaransa, Marine Le Pen, yatangiye gushakirwa inenge aho avugwaho gukoresha nabi umutungo w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi “EU”, ariko we akemeza ko ari uburyo bwo kumwangisha rubanda. Mu gihe habura iminsi itandatu hakabaho icyiciro cya kabiri cy’amatora, Marine Le Pen akomeje gushinjwa gukoresha nabi amafaranga y’uriya muryango ubwo yari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko wa “EU”. Kuri uyu wa Gatandatu nibwo ikinyamakuru cyo mu Bufaransa gikora inkuru zicukumbura, Mediapart cyatangaje ko Le Pen ashinjwa gukoresha nabi amayero 137,000. Le Pen kuri uyu wa Mbere…

SOMA INKURU

Ibiza bikomeje kwibasira Afurika y’Epfo

Ku munsi w’ejo tariki ya 13 Mata 2022, imvura nyinshi yaguye mu burasirazuba bw’Afurika y’Epfo yahitanye ubuzima bw’abantu 306, umwuzure yangiza imihanda inasenya amazu y’abaturage. Perezida Cyril Ramaphosa, yavuze ko iyi myuzure ari ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe. Yongeyeho ko ibiraro byasenyutse, imihanda, abantu bahasiga ubuzima, aho hari n’umuryango umwe wabuze abantu 10 icyarimwe. Amashuri agera kuri 248 yarangiritse bikomeye. Ramaphosa yagize ati “Iyi myuzure ni kimwe mu biterwa n’imihindagurikire y’ikirere. Ntidushobora gusubika ibyo tugomba gukora kugira ngo duhangane n’imihindagurikire y’ikirere. Ubushobozi bw’ikigo gishinzwe ibiza bugomba kuba ku rwego rwo hejuru.” Guverinoma…

SOMA INKURU

Iterabwoba rikomeje kuzambya ibintu muri Nigeria

Abaturage basaga ibihumbi 4,800 bamaze guhunga ingo zabo kubera ibitero by’iterabwpba byagabwe mu duce twa Kyaram, Gyambau, Dungur, Kukawa na Shuwaka, duherereye rwagati muri Nigeria. Agatsiko k’abantu bitwaje intwaro bagenderaga kuri moto barashe mu biturage bitanu byo muri Leta ya Plateau, batwika inzu z’abahatuye ndetse abarenga 100 bapfira muri uko kurasana bituma benshi bahunga ingo zabo. Umuvugizi wa Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi muri icyo gihugu, Nneka Ikem Anibeze, yavuze ko abamaze guhunga benshi ari abagore n’abana. Minisitiri w’itangazamakuru muri Nigeria yatangaje ko iyi mitwe y’abagizi ba nabi yitwaje intwaro irimo gukorana…

SOMA INKURU

PACJA sponsored 2022 African Climate Change and Environmental Reporting Awards

By NIKUZE NKUSI Diane   The Pan African Climate Justice Alliance has today launched the seventh African Climate Change and Environmental Reporting (ACCER) Awards whose theme is to drive and shape the African narratives that ultimately influence the 27 th Conference of Parties to the UN Framework Convention on Climate Change set to be held in Egypt in November 2022. First launched in 2013, the ACCER Awards has continued to gain interests among a growing number of participating journalists but also organisations that have continued to sign up for partnering…

SOMA INKURU

U Rwanda rugiye gutangira kwakira abimukira, byitezweho byinshi ku buzima bwabo

Kuri uyu Kane tariki ya 14 Mata 2022, nibwo Leta y’U Rwanda yemeranyije n’uyu Bwongereza kwakira impunzi n’abimukira binjiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko aho bazafashwa kongera kubaho neza, ababishaka basubire mu bihugu baturukamo. Aya masezerano hagati y’impande zombi arasinyirwa muri Kigali Convention Centre, aho ashyirwaho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na Minisitiri ushinzwe umutekano mu Bwongereza, Priti Patel. Aya masezerano areba abimukira n’impunzi baturutse mu bihugu bitandukanye birimo n’ibyo hanze ya Afurika nibagera mu gihugu bazabaho nk’abandi banyarwanda. Ntibazashyirirwaho ikigo cyihariye bazabamo…

SOMA INKURU

Umuyobozi wa OMS yanenze ivangura mu gufasha abari mu kaga

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Tedros Adhanom Ghebreyesus, yanenze ubusumbane n’ivangura bikomeje kugaragara mu gutabara abaturage bari mu kaga, aho abirabura badafatwa kimwe n’abazungu cyangwa ubundi bwoko. Yavuze ko Isi yashyize umutima cyane ku ntambara ya Ukraine nyamara hari ahandi abaturage bari mu kaga ariko ntawe ubitayeho. Asanga ibikorwa by’ubutabazi bidahabwa umwanya iyo abari mu kaga atari abazungu. Tedros yibajije niba Isi yita kimwe ku buzima bw’abirabura n’ubw’abazungu, agendeye ku kuba abari mu kaga k’intambara yo muri Tigray, Yemen, Afghanistan na Syria, batarigeze bitabwaho nk’uko muri Ukraine…

SOMA INKURU