Abagenerwabikorwa b’Umuryango Imbuto Foundation cyane cyane urubyiruko, barashimira uyu muryango wabubakiye umusingi ukomeye w’ubuzima bwabo ubu bakaba bamaze kwiyubaka ndetse baranatangiye kuba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda. Ibyo barabivuga mu gihe Umuryango Imbuto Foundation washinzwe na Madamu Jeannette Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze uvutse. Ku myaka 28 y’amavuko, Nayituriki Sylvain afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza, yakuye muri Southern New Hampshire University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Avuga ko ageze mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye icyizere cy’ahazaza cyari kimaze kuyoyoka, ariko Umuryango Imbuto Foundation…
SOMA INKURUYear: 2021
Umushyikirano 2021 wamaze kwemezwa na gahunda nshya zizawuranga
Inama Ngarukamwaka y’Umushyikirano byemejwe ko izaba mu Ukuboza 2021, bikaba biteganyijwe ko iyi nama izabera mu nyubako ya Kigali Convention Centre ku wa 20-21 Ukuboza 2021. Iyi nama isubukuwe nyuma y’uko iyo mu mwaka wa 2020 yasubitswe biturutse ku bwiyongere bwa COVID-19 bwari mu gihugu. Inama y’Umushyikirano ya 2021 izitabirwa n’abayobozi batandukanye muri Guverinoma, abagize Inteko Ishinga Amategeko, Abanyarwanda bari mu Rwanda n’abari mu bihugu by’amahanga, abanyamakuru n’abandi. Mu bindi bikorwa biteganyijwe muri uyu Mushyikirano, ni uko abayobozi bakuru mu nzego za Leta bazasinya Imihigo. Inama y’Umushyikirano igiye kuba mu…
SOMA INKURUIngamba nshya n’umuburo ku bwoko bushya bwa covid-19
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatanze umuburo wo kwirinda ku banyarwanda nyuma y’uko muri Afurika y’Epfo habonetse ubwoko bushya bwa Covid-19 yihinduranya. Ubu bwoko bushya bwiswe B.1.1.529 bwabonetse i Pretoria, gusa hari impungenge ko bwaba batangiye gukwirakwira hirya no hino ku Isi. Inzobere mu buvuzi bw’ibyorezo zagaragaje ko ubwo bwoko ari bubi cyane mu miterere kandi ko bufite ubushobozi bwo kwihinduranya cyane kurusha ubundi bwoko bwa Covid-19 bwari buhari. Ibyo bivuze ko kubushakira urukingo cyangwa imiti na byo bigoye. Kuri uyu wa Gatanu muri Afurika y’Epfo hateganyijwe inama y’inzobere z’Umuryango…
SOMA INKURUAbashinwa babiri bishwe mu gihe umubare utaramenyekana waburiwe irengero
Abashinwa babiri bishwe mu gihe umubare w’abantu bataramenyekana na wo washimuswe n’abarwanyi b’umutwe wa CODECO mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahantu hakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Abayobozi bo muri ako gace batangaje ko hari abantu babiri bishwe ndetse ko ari abaturage b’u Bushinwa. Baguye mu gitero cyagabwe ku wa Gatatu mu gihe abandi baburiwe irengero. Bashinja CODECO, umwe mu mitwe yitwaje intwaro ibarizwa muri ako gace ko ariwo wakigabye. Iki gitero cyabereye mu gace ka Djugu muri Ituri aho abo Bashinwa bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Umuvugizi w’Ingabo za…
SOMA INKURUItangazamakuru ry’ibidukikije ryiza ni irikemura ibibazo by’abaturage -Rushingabigwi
Umuyobozi w’ishami rishinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere “RGB”, yatangaje ko yemera itangazamakuru nk’ubutegetsi bwa kane kuko rifite uruhare mu buzima bwa muntu, anemeza ko iry’ibidukikije ari ingenzi ariko riba ryiza iyo abaturage baza ku isonga kandi rikemura ibibazo byabo. Ibi uyu muyobozi yabitangarije mu mahugurwa y’iminsi ibiri yateguwe n’umuryango w’abanyamakuru barengera ibidukikije mu Rwanda “REJ” ku bufatanye n’abaterankunga banyuranye barimo “Internews, Rema,…”, akaba yarasojwe ejo hashize tariki 23 Ugushyingo 2021, akaba yari yahuje abanyamakuru 20 batyaza ubwenge muri gahunda zinyuranye z’ibidukikije. Rushingabigwi yibukije abanyamakuru bari bitabiriye aya mahugurwa ko…
SOMA INKURUUko umunsi wa mbere wo gukingira icyiciro gishya wangeze
Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, u Rwanda rwatangiye gutanga urukingo rwa COVID19 ku ngimbi n’abangavu bari hagati y’imyaka 12 na 18, igikorwa cyatangiriye mu bigo by’amashuri bitatu byo mu Mujyi wa Kigali. Abakingiwe bavuga ko uru rukingo bari barutegereje kuko barwitezeho kubafasha gukomeza ubuzima busanzwe nta mpungenge zo guhitanwa na COVID19. Mu masaha yo ku manywa mu rwunge rw’amashuri rwa Gahanga ya mbere, urujya n’uruza rwari rwose, ingimbi n’abangavu bitabiriye kwikingiza COVID19 bafite amafishi mu ntoki zabo nyuma yo gusinyirwa n’ababyeyi babo babemerera guhabwa urukingo. Uretse urwunge…
SOMA INKURUImpamvu y’uruzinduko rwa Louise Mushikiwabo i Roma kwa Papa
Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa “OIF”, Louise Mushikiwabo yakiriwe n’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis i Vatican, hakaba hari hagamijwe gushaka ubufatanye mu guha ubufasha abaturage ba Haiti na Liban. Ibi bihugu bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF muri iyi minsi byugarijwe n’ibibazo bikomeye bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage na Politiki. Abinyujije kuri Twitter, Louise Mushikiwabo yashimiye Papa Francis wamuhaye umwanya wo kuganira, avuga ko ari umugabo urangwa n’ubumuntu ndetse amusabira umugisha ku Mana. Si ubwa mbere Louise Mushikiwabo agiriye uruzinduko i…
SOMA INKURUDore inshingano Minisitire Gatabazi yahaye Nyobozi na njyanama nshya by’uturere
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ubwo Minisitiri Gatabazi yatangizaga amahugurwa ahuriwemo n’abajyanama 459 baherutse gutorerwa kwinjira mu nama njyanama z’uturere 27, aho buri karere hatowe abajyanama 17 bavuyemo komite nyobozi z’uturere na biro ziyobora njyanama, yabasabye gushyira umuturage ku isonga. Aya mahugurwa ari kubera mu ishuri rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana bikaba biteganyijwe ko azasozwa tariki ya 29 Ugushyingo 2021. Minisitiri Gatabazi yavuze ko aya mahugurwa yateguwe kugira ngo aba bayobozi basobanurirwe imiyoborere y’u Rwanda ndetse buri umwe asobanurirwe inshingano ze kugira…
SOMA INKURUUko gahunda nshya y’ibimoteri ihagaze mu kubungabunga ibidukikije
Buri munsi toni zirenga 500 z’imyanda ziva mu mujyi wa Kigali, amasoko, amaduka, ingo ndetse n’amashuri aribyo bifite uruhare runini mu gutanga uwo mwanda, ndetse aho abatari bake babona imodoka zirirwa zitunda uwo mwanda bibaza aho ushyirwa ndetse niba nta n’ingaruka bigira ku bidukikije. Ariko iki kibazo kibazwa n’abatari bake, leta ntiyakirengagije kuko kugeza ubu imaze gushyiraho uburyo bushya bw’ibimoteri bigezweho bikoresha ikoranabuhanga, aho imyanda ibora itandukanywa n’itabora bityo bikorohereza n’abashinzwe kubyaza umusaruro iyo myanda, aho kuri aho bimenwa nta ngaruka bikigira ku bidukikije nk’uko byahoze kera, aho wasangaga ahamenwa…
SOMA INKURUNyuma yo koswa igitutu n’abaturage yasubije ubutegetsi
Kuri iki Cyumweru tariki 21 Ugushyingo 2021, nibwo Gen Abdel Fattah al-Burhan yasubije ubutegetsi Abdalla Hamdok yari aherutse guhirika ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, bombi bakaba bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Aya masezerano kandi yatumye ubutegetsi busubira mu maboko y’abasivile ndetse n’abayobozi bari bafunzwe ubwo ubutegetsi bwa Hamdok bwahirikwaga barafungurwa. Nyuma yo gusubizwa ubutegetsi, Hamdok yasabye abaturage ba Sudani gutahiriza umugozi umwe bakirindi icyashyira igihugu cyabo mu kaga, ahubwo bagaharanira ku giteza imbere. Yakomeje avuga ko Sudani irinzwe n’Imana ko ndetse abaturage b’iki gihugu afite ubushobozi bwo kongera kugisubiza mu…
SOMA INKURU