Hasojwe ihuriro rya 11 rya Unity Club Intwararumuri hanashimirwa Abarinzi b’Igihango

Mu gusoza Ihuriro rya 11 rya Unity Club Intwararumuri ku mugoroba wo ku wa Gatanu, Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop Rucyahana John, yasobanuye ko buri mwaka bafatanya n’uyu muryango gushimira Abarinzi b’igihango. Mu kubatoranya, yibukije ko hashingirwa ku gusuzuma imyitwarire yaranze ugirwa Umurinzi w’igihango, irimo kuba yaragize uruhare mu kurwanya amacakubiri, Jenoside n’ingengabitekerezo yayo. Kuri iyi nshuro, hatoranyijwe Umuhanzi Rugamba Cyprien; Musenyeri wa Diyozezi ya Gikongoro, Hakizimana Célestin; Mukandanga Dorothée wari umuyobozi wa “Ecole des Sciences infirmirèes de Kabgayi” mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi; n’Umuryango wa AERG. Mu…

SOMA INKURU

Rwatubyaye ukinira Rayon Sports ashobora gukomereza ruhago muri Tanzaniya

  Mu gihe habura iminsi itanu ngo isoko ryo kugura rifungurwe muri Tanzania, Yanga Africans iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona igeze ku munsi wa 12, iri mu biganiro na myugariro w’umunyarwanda Abdul Rwatubyaye w’imyaka 22, iyi kipe ikaba yiteguye kumutangaho ibihumbi 40 by’amadolari angina n’amafaranga asaga miliyoni 35 z’amafaranga y’u Rwanda. Uyu mukinnyi yagoye Yanga mu mikino ine amaze guhangana nayo, ibiri yahuye nayo ari muri APR FC mu mwaka wa 2015 n’ibiri yahuye nayo muri CAF Confederation Cup y’uyu mwaka ari kumwe na Rayon Sports. Ikinyamakuru ‘Mwanaspoti’…

SOMA INKURU

Miss Rwanda wa 2017 Iradukunda Elsa yagizwe uhagarariye imurikabikorwa ry’ibikorerwa mu Rwanda

  Mu muhango wabereye muri Camp Kigali ejo kuya 25 Ukwakira 2018 wo gutangiza ku mugaragaro igikorwa cyo gushyigikira no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda “Made in Rwanda”,  wari watumiwemo abayobozi banyuranye barimo Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi Hakuziyaremye Soraya n’abandi bayobozi banyuranye. Muri uyu muhango hamuritswe bimwe mu bikorerwa mu Rwanda binyuranye birimo inkweto imyambaro n’ibindi binyuranye byeretswe abayobozi n’abandi bashyitsi bari bitabiriye uyu muhango. Muri uyu muhango ni ho Miss Iradukunda Elsa yagizwe uhagarariye imurikabikorwa ry’ibikorerwa mu Rwanda “Brand Ambassador of Made in Rwanda”. Miss Iradukunda Elsa yahawe izi nshingano…

SOMA INKURU

Bruce Melody na Allion barashinjwa gushishura indirimbo

Mu cyumweru gishize nibwo byatangajwe ko umuhanzi Bruce Melody yakoranye indirimbo n’umuhanzikazi Allion bise Tuza , Nyuma yuko igiye hanze bamwe batanguwe no kumva ko bayishishuye umuhanzi wo muri Zambia wiitwa T-sean mu ndirimbo ye yise ‘Will you marry me’. Nyuma yuko igiye hanze ba nyiri gushyira hanze iyi ndirimbo birinze kugira icyo babivugaho, gusa kuri uyu munsi umuhanzi T-Sean abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko ibyo Bruce Melody na Allion bakoze bidakwiye ndetse ko batabanje kumusaba uburenganzira cyangwa ngo abemerere bazakorane indirimbo. Yagize ati “Ntabwo nabyemera Bruce melody na…

SOMA INKURU

Icyo CG Gasana Emmanuel yasabye abo azakorana nabo

Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana Emmanuel, yari amaze imyaka hafi 10 ku buyobozi bwa Polisi y’u Rwanda,  agiye kuyobora Intara y’Amajyepfo asimbuye Marie Rose Mureshyankwano wayiyoboye kuva mu Ukwakira 2016, CG Gasana yasabye abo bazakorana gushirika ubute bagakorera hamwe kugira ngo bagere ku nshingano zabo zo guteza imbere Intara no kuzamura imibereho myiza y’abayituye Ejo hashize kuwa kane tariki 25 Ukwakira 2018 nyuma yo guherekanya ububasha na Marie Rose Mureshyankwano, CG Gasana Emmanuel yabwiye abo agiye gukorana nabo ko bakwiriye kwirinda ibintu bitandatu birimo ubunebwe, uburangare, kutavugisha ukuri, kwirara,…

SOMA INKURU

Nyuma yo gufungurwa byemejwe ko abayobozi babiri bo muri Nyamagabe beguye ku bushake bwabo

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure yatangaje  ko amakuru y’ubwegure  bw’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe, Twayituriki Emmanuel, n’Umuyobozi w’amashami (Division Manager), Ngabonziza Jean Bosco ari ukuri beguye ku miromo yabo, ko Amabaruwa y’ubwegure bwabo bayashyikirije Inama Njyamana y’Akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Ukwakira 2018 kandi ko bombi bavuga ko beguye ku mpamvu zabo bwite. Abo bombi beguye nyuma y’igihe gito bafunzwe bakekwaho ibyaha bijyanye no kunyereza umutungo wa Leta ariko baje kuburana bararekurwa basubizwa mu kazi. Twayituriki Emmanuel weguye ku Bunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka…

SOMA INKURU

Umutoza mukuru wa Kiyovu Sport yasezeye

Ku mugoroba w’uyu wa Gatatu tariki 24 Ukwakira 2018 nibwo inkuru yageze imusozi ko umutoza Cassa Mbungo André yasezeye akava mu ikipe ya Kiyovu Sport, kuri ubu imurimo imishahara y’amezi arenga atatu (3) cyo kimwe n’abakinnyi bayisanzwemo dore ko n’abayisinyemo batarabona ibyo bagombwa n’ikipe. Cassa Mbungo André wari umaze umwaka w’imikino 2017-2018 muri Kiyovu Sport ari umutoza mukuru, yasezeye kuri iyi mirimo nyuma y’ikibazo cy’amikoro kirambye muri iyi kipe yambara icyatsi n’umweru. Cassa Mbungo watoje amakipe nka SEC Academy, AS Kigali, Police FC, Sunrise FC, yari yageze muri Kiyovu Sport…

SOMA INKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ejo kuwa 24 Ukwakira 2018

Inama y’Abaminisitiri yateranye  kuri uyu wa gatatu tariki 24 Ukwakira 2018, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ifata ibyemezo bikurikira: Inama y’Abaminisitiri yifurije ikaze n’imirimo myiza Abaminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta binjiye muri Guverinoma mu ivugururwa ryayo ryo ku wa 18 Ukwakira 2018. Inama y’Abaminisitiri yishimiye itorwa rya Madamu Mushikiwabo Louise ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza Ibihugu bikoresha Ururimi ry’Igifaransa (La Francophonie). Inama y’Abaminisitiri yashimangiye kongera ingufu mu ikoreshwa ry’Ururimi rw’Igifaransa mu burezi, mu mahugurwa no mu bucuruzi. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 14…

SOMA INKURU

Umwitozo mu kwirinda Ebola urakorerwa i Kanombe mu Bitaro bya Gisirikare

Minisiteri y’Ubuzima “MINISANTE” yatangaje ko yiteguye bihagije nyuma y’uko Ebola yongeye kugaragara mu gihugu cy’abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “RDC”, akaba ari muri urwo rwego iyi Minisiteri ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” ku bufatanye n’abaganga b’ingabo z’u Rwanda “RDF”, Kuri uyu wa kane tariki 25 Ukwakira 2018 hateguwe umwitozo ugamije kugaragaza ubushobozi bwo guhangana no gukumira kuba icyorezo cya Ebola cyakwinjira mu Rwanda, uyu mwitozo  ukaba wiswe “Kumira Ebola Simulation Exercise SIMEX” ukaba uribubere mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe. Kumira Ebola Simulation Exercise SIMEX yatangijwe kuwa…

SOMA INKURU

Oda Paccy yagawe anamburwa izina ry’ubutore “Indatabigwi” hanasabwa ko ibihangano bye byahagarikwa

Kuva ku munsi w’ejo ni bwo hatangiye gucaracara ifoto yamamaza indirimbo nshya ya Oda Paccy umuraperikazi utajya uha abakurikirana umuziki nyarwanda agahenge kuko ibyo akora bihora bitangaza benshi. Uyu munsi tariki 24 Ukwakira 2018, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero Hon Bamporiki yafatiye ingamba Oda Paccy amwambura izina ry’ubutore “Indatabigwi” . Iyo foto yamamaza indirimbo nshya ya Oda Paccy igaragaramo ishusho y’umukobwa wambaye ubusa, yavugishije abatari bacye, yemwe ku munsi w’ejo abakunzi b’umuringanews.com biboneye iyi nkuru yatambutse ejo hashize, ariko nanone uburyo yanditsemo izina ry’indirimbo ‘Ibyatsi’ nabyo biri mu byavugishije benshi…

SOMA INKURU