Yatawe muri yombi nyuma yo guha abana ibisindisha

Ni nyuma y’uko polisi y’igihugu iburiye abantu ko muri iyi minsi mikuru abantu bagomba kuzirinda guha abana ibisindisha cyangwa kubajyana mu bikorwa bibaganisha ku gukora ibyaha. Aba bana batatu bafite imyaka 17 y’amavuko basanzwe mu kabari ka Ndaruhutse Theophile mu murenge wa Remera mu karere ka Ngoma ari nawe ubwe uri kubagurisha inzoga nk’uko umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana abivuga. Chief Inpector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana agira ati “Abapolisi bari mu bikorwa byabo bya buri munsi byo gucunga umutekano baza kugera ku kabari ka Ndaruhutse bahasanga…

SOMA INKURU

Nyagatare: Umuyobozi arashinjwa kurigisa ihene zagenewe abaturage

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarukamba mu Murenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare, Nkundabagenzi Shyaka Jean Paul afunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranweho kurigisa ihene 50 zari zigenewe korozwa abaturage. Amakuru avuga ko uyu gitifu ari mu maboko ya RIB kuva taliki ya 9 Ukuboza 2019 kuri iki kibazo cy’ihene zari zatanzwe n’umuryango witwa ’Food for the Hungry’ zigenewe korozwa amaturage. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa RIB yemeje aya makuru y’ifatwa rya gitifu Nkundabagenzi. Yagize ati  “Nibyo ayo makuru Urwego rw’Ubugenzacyaha rwayabonye, ndetse ruba runamufashe ruramufunga afungiwe kuri station ya Gatunda…

SOMA INKURU

Nyanza: Umuyobozi w’Umurenge yatawe muri yombi

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha “RIB”, rwatangaje ko rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, Muganamfura Sylvestre, ukekwaho kunyereza umutungo wa Leta. Mu butumwa RIB yashyize kuri Twitter,yavuze ko Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa akurikiranyweho kuba yaranyereje ibikoresho yahawe byo kubaka amateme mu murenge wa Mukingo na Busoro muri gahunda ya VUP. Ukekwa afungiwe kuri station ya Busasamana, mu gihe iperereza rigikorwa kugira ngo ashyikirizwe Ubushinjacyaha Ukekwa afungiwe kuri RIB station ya Busasamana, mu gihe iperereza rigikorwa kugira ngo ashyikirizwe ubushinjacyaha. Ingingo ya 10 y’ Itegeko ryerekeye kurwanya ruswa…

SOMA INKURU

Umuyobozi wa College Adventiste de Gitwe yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha “RIB” bwatangaje ko bwataye muri yombi umuyobozi wa College Adventiste de Gitwe witwa Nshimiyimana Gilbert azira guhatiriza bamwe mu banyeshuli be kuyoboka idini ry’Abadivantiste batabishaka. Ibinyujije kuri Twitter RIB yagize iti “Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha rwafashe umuyobozi w’ishuri(College Adventiste de Gitwe) Nshimiyimana Gilbert ukekwaho kugira uruhare mu guhatira abana kuyoboka idini,ibyo bikaba binyuranyije n’uburenganzira bw’umwana, ihame ry’uburezi ndetse n’amahame agenga amadini”. RIB yakomeje igira iti “Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruboneyeho kwibutsa ibigo by’amashuri n’abanyarwanda muri rusange ko abana bafite ubwisanzure mu mitekerereze, mu kugaragaza ibitekerezo byabo, kugira umutimanama…

SOMA INKURU

Uwinkindi yatangaje inzitizi yifuza kubanza kugaragaza mbere yo kuburana

Pasiteri Uwinkindi Jean wahoze abwiriza Ijambo ry’Imana muri ADEPR i Kanzenze mbere ya Jenoside,  yajuririye icyemezo cyo gufungwa burundu yakatiwe n’Urukiko Rukuru mu mpera za 2015, Urukiko rw’Ubujurire ruri kuburanisha ubujurire bw’uyu mugabo uyu munsi rwasubitse urubanza kuko uruhande rw’uregwa rwatinze kohereza imyanzuro isobanura ubujurire bwabo kuko bayishyize muri System mu mpera z’icyumweru gishize. Umucamanza ati “Twari dufite amasaha 48 yo gusoma no gusesengura iyo myanzuro, ntabwo ari umukoro woroshye”. Umucamanza yavuze kandi ko uruhande rw’ubushinjacyaha rwandikiye urukiko rusaba ko urubanza rw’uyu munsi rusubikwa kuko narwo rutararangiza gusesengura iriya myanzuro…

SOMA INKURU

Yafashwe akekwaho gusambanya no gutera inda umwana yigishaga

Umwarimu wigishaga ku Rwunge rw’amashuri, GS Runaba riherereye mu Murenge wa Butaro, Akarere ka Burera yatawe muri yombi akekwaho gusambanya no gutera inda umunyeshuri w’imyaka 17 yigishaga. Ku wa Gatanu w’Icyumweru gishize tariki ya 13 Nzeri 2019, nibwo uyu mwarimu yatawe muri yombi. Ushinzwe uburezi mu Karere ka Burera, Musabwa Eumene, yabwiye itangazamakuru ko aya makuru yatanzwe n’umubyeyi w’uyu mwana. Yagize ati “ Ni umubyeyi we watanze amakuru avuga ko umwana yamubwiye ko ari uwo mwarimu wamuteye inda barangije baramufata.” Umwana yavuze ko uwo mwarimu yamushukishije amanota kugira ngo amusambanye.…

SOMA INKURU

Nyarugenge: Hafashwe amakarito arenga 500 y’ibinyobwa bidafite ubuziranenge

Kuri uyu wa mbere tariki 26 Kanama 2019, nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyarugenge yatahuye  mu bubiko bw’inzu y’umuturage amakarito 550 y’ibinyobwa bitemewe bizwi nka “Agasusuruko Bonne Chance” bikorwa na Agasusuruko Familly Ltd. Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Marie Gorette Umutesi yavuze ko ibi binyobwa bitemewe byafashwe kubera amakuru yatanzwe n’abaturage. Yagize ati “Abaturage baduhaye amakuru ko babonye imodoka ya Daihatsu ipakiye ibinyobwa bitemewe niko kuyikurikirana dusanga bari kubipakurura babishyira mu bubiko, basabwe ibyangombwa by’ubuziranenge barabibura.” CIP Umutesi yasabye abenga…

SOMA INKURU

Rubavu: Umugore yafatanywe urumogi

Mu mpera z’ icyumweru gishize Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu, mu Murenge wa Rubavu, mu Kagari ka Gikombe yafashe umugore w’imyaka 37 y’amavuko afite ibiro icumi by’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi yatangaje ko uwo mugore yafashwe kubera amakuru yatanzwe n’abaturage. Yagize ati “Abaturage baduhaye amakuru ko afite urumogi mu rugo rwe bicyekwa ko yarukuye mu gihugu cy’abaturanyi, natwe twihutira gutabara turushatse dusanga yaruhishe mu murima w’intoryi inyuma y’inzu.” Akomeza avuga ko atari ubwa mbere uwo mugore afatwa ku…

SOMA INKURU

Abacuruzi babiri bakekwaho kunyereza imisoro bafashwe

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Nyakanga 2019, Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rweretse itangazamakuru abacuruzi babiri barimo uwitwa Gaga Godfrey hamwe n’uwitwa Kirabo Jeannette, bashinjwa gufata inzoga zitatanze imisoro bakazishyiraho ibirango by’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro “ RRA”, bagamije kunyereza imisoro no gufata ibirango by’inzoga zakorewe mu Rwanda, bakabishyira kuzakorewe mu mahanga. Ikindi aba bacuruzi bakurikiranweho ni ukuba inzoga zabo ziriho ibirango bya RRA bitacyemewe mu gihe yari yarashishikarije abacuruzi bakibifite ku bicuruzwa kubiyimenyesha. Mu gihe bimenyerewe ko abacuruzi baba bafite ububiko bw’ibicuruzwa ahantu hazwi, aba uko ari babiri RIB…

SOMA INKURU

Huye: Nyuma y’imyaka 2 yidegembya yarakoze amahano yafashwe

Umugabo witwa Barthazar uvugwaho kuryamana n’umukobwa we w’imyaka 21 ndetse bakaba  baranabyaranye,  kuri ubu umwana akaba afite imyaka ibiri, yaraye atawe muri yombi ubwo yashakaga kurwanya Police imukuriranyeho gucuruza urumogi. Uyu mugabo ufite imyaka 43 atuye mu mudugudu wa Nyamuko, Akagari ka Kiruhura, Umurenge wa Rusatira mu karere ka Huye. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusatira, Constantin Kalisa yatangaje ko Barthazar yari amaze igihe bashaka kumufata ariko akamenya amakuru agacika, ariko ubu afungiye kuri station ya Polisi iri i Ngoma. Ngo hari abantu yahaga amafaranga mu baturage n’abandi bakorana n’inzego z’umutekano…

SOMA INKURU