Mu nama hagaragajwemo ko Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite ubumuga mu Rwanda ifite umushinga wo kugira inyubako yayo, habaho kwiyemeza kongerera imbaraga komite z’imikino y’abafite ubumuga mu turere, hatangazwa raporo y’umutungo na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2020-2021 ndetse hanatorwa komite nshya. Ibi byose byakozwe kuri iki Cyumweru taliki 4 Mata 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga mu nama y’Inteko Rusange ya Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite ubumuga mu Rwanda “NPC-Rwanda” , hatorwa komite nyobozi nshya ikaba igizwe n’aba bakurikira. Murema Jean Baptiste ni we wongeye gutorerwa kuyobora NPC Rwanda mu gihe cy’imyaka 4 iri imbere.…
SOMA INKURUCategory: Imikino
Imyiteguro ya Tour du Rwanda irarimbanyije, dore urutonde rw’abazayitabira
Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare batangiye umwiherero wa mbere wo gutegura Tour du Rwanda izaba muri Gicurasi 2021. Mu gihe habura igihe kitageze ku mezi abiri ngo hatangire isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda “Tour du Rwanda” ritangire, hatangiye icyiciro cya mbere cy’umwiherero kigomba kubera mu karere ka Musanze. Abakinnyi bahamagawe n’umutoza Eric Sempoma, abakinnyi bahamagawe harimo amazina azwi nka Mugisha Samuel ari nawe munyarwanda uheruka kwegukana Tour du Rwanda mu mwaka wa 2018, ndetse na Nsengimana Jean Bosco watwaye Tour du…
SOMA INKURUKigali: Uko intsinzi y’amavubi yibagije bamwe ibihe bitaboroheye bya guma mu rugo
Intsinzi ikipe y’Igihugu ‘Amavubi yabonye kuri Togo muri CHAN 2020 iri kubera muri Cameroun, kuri uyu wa kabiri yashimishije bikomeye abanyarwanda b’ingeri zose,Mu bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko muri Kigali nko ku Gisozi, humvikanye abavuzaga akaruru, vuvuzela nyinshi, ingoma z’urwungikane, amajerekani n’amasafuriya byavuzwaga mu gihe ku Kimisagara, bamwe bagiye mu muhanda bafite ibendera ry’Igihugu bishimira intsinzi. I Nyamirambo byari umwihariko kuko amagana y’abantu bahuriye mu muhanda, bamwe bikuramo imyenda yo hejuru, bajya mu muhanda baririmba mu majwi aranguruye bishimira intsinzi. Ibitego uko ari bitatu byashimishije abanyarwanda hari ikinjijwe na Niyonzima Olivier…
SOMA INKURUMenya amakipe yafashe iya mbere mu kwinjira muri ¼ cya CHAN 2020
Kuri iki cyumweru tariki 24 Mutarama 2021, nibwo ikipe y’igihugu ya Mali n’iya Cameroun ari nayo yakiriye CHAN 2020 (Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo) zabimburiye izindi kugera muri ¼ nyuma yo gusoza imikino yo mu itsinda A. Mali yazamutse iyobotse itsinda n’amanota arindwi nyuma yo gutsinda Zimbabwe igitego 1-0 mu gihe Cameroun yabaye iya kabiri n’amanota atanu ubwo yanganyaga na Burkina Faso ubusa ku busa. Demba Diallo ni we watsindiye Mali igitego kimwe rukumbi yaboneye kuri Stade de la Réunification y’i Douala ku munota wa 12.…
SOMA INKURUAmavubi yerekanye uko ahagaze mu myiteguro ya CHAN 2020
Kuri iki Cyumweru tariki 10 Mutarama 2021, kuri Stade Amahoro habereye umukino wa kabiri wa gicuti wahuje ikipe y’u Rwanda Amavubi n’ikipe ya Congo-Brazzaville, ukaba warangiye Amavubi atsinzwe igitego 1-0, mu mukino wa mbere amakipe yombi akaba yari yanganyije ibitego 2-2. Iki gitego cyatsinzwe u Rwanda kikaba kinjijwe na Cervelie Ikouma Epoyo n’umutwe ku munota wa cyenda. Biteganyijwe ko ku wa Gatatu tariki 13 Mutarama 2021, Amavubi azahaguruka i Kigali yerekeza i Douala muri Cameroon ahazabera Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo “CHAN 2020”. Abakinnyi babanjemo ku…
SOMA INKURUItsinzi ya AS Kigali iyikesha Covid-19 -Sadate
Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports, agakurwaho nyuma yo kwamaganwa bikomeye n’abafana bayo batari bake, Munyakazi Sadate yacyuriye bikomeye AS Kigali ko yafashijwe na COVID-19 gusezerera KCCA muri CAF Confederation cup nyuma y’uko itsinzwe ibitego 3-1 ku wa Gatatu, ariko igakomeza kuko yari yahawe impamba y’ibitego 2-0 mu mukino ubanza bari bateye mpaga iriya kipe. AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup, yasabwaga kudatsindwa ikinyuranyo cy’ibitego bitatu mu mukino w’ijonjora wabereye muri Uganda ejo hashize kuwa gatatu tariki 6 Mutarama 2020. Ibitego bitatu bya KCCA…
SOMA INKURUAS Kigali irerekeza i Kampala mu marushanwa ya CAF Confederation Cup
AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup, irerekeza i Kampala muri Uganda kuri uyu wa Gatandatu gukina na KCCA FC mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri uzaba ku wa Gatatu tariki ya 6 Mutarama 2021. Abakinnyi 23 umutoza Nshimiyimana Eric yahisemo Nsabimana Eric, Kalisa Rachid, Ntamuhanga Tumaini, Shaban Hussein ‘Tchabalala’, Hakizimana Muhadjiri, Abubakar Lawal, Nkinzingabo Fiston, Benedata Janvier, Bishira Latif, Kwizera Pierrot, Biramahire Abeddy, Orotomal Alex, Rurangwa Mossi, Rugero Chris, Kayitaba Jean Bosco, Ndekwe Félix, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, Sudi Abdallah, Bate Shamiru, Hassan Rugirayabo,…
SOMA INKURUIntwari FC na JOC mu rugamba rwo guhashya inda ziterwa abangavu
Ikipe y’abakobwa ya Intwari FC yibarutswe n’ikinyamakuru Intwari.rw, ku bufatanye na JOC (Jeunesse Ouvrières chrétiennes) biyemeje gufatanya mu rugamba rwo gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, by’umwihariko inda z’imburagihe ziterwa abangavu. Imibare itangwazwa na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MEGEPROF), yerekana ko kuva mu 2016 kugeza mu 2019, mu Rwanda habarurwa abana abakobwa basaga ibihumbi 70 batewe inda z’imburagihe. Umuyobozi Mukuru w’Ikinyamakuru Intwari, Ntawuyirushamaboko Célestin, watangije iyo kipe y’umupira w’amaguru y’abakobwa ya Intwari FC, igamije gukora ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu, avuga ko yagize iki gitekerezo nyuma yo…
SOMA INKURUImikino: Shampiyona yo gusiganwa ku magare ntikibaye
Mu mpera z’iki cyumweru tariki 19 na 20 Ukuboza 2020 hari hateganyijwe shampiyona y’umukino wo gusiganwa ku magare “National Championships 2020” ariko kubera gahunda yo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 iyi shampiyona nta bwo ikibaye. Ibi byemejwe n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda “FERWACY” aho babinyujije ku rubuga rwa “ Twitter” bagize bati “ Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, shampiyona y’igihugu y’umukino w’amagare 2020 yari iteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020 no ku Cyumweru 20 Ukuboza 2020 ntikibaye.” Iyi shampiyona y’igihugu …
SOMA INKURUUko amarushanwa ya “Afrobasket 2021” yarangiye
Kuri iki Cyumweru tariki 29 Ugushyingo 2020 ni bwo hasojwe imikino ibanza yo gushaka itike y’imikino y’Afurika “Afrobasket 2021” yaberaga muri Kigali Arena kuva tariki 25 Ugushyingo 2020. Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kyakurikiranye umukino wasoje iri rushanwa wahuje ikipe y’u Rwanda na Sudani y’Amajyepfo Izi kipe zombi ziri mu itsinda D, umukino warangiye ikipe ya Sudani y’Amajyepfo itsinze u Rwanda amanota 67 kuri 55. Ikipe ya Sudani yatsinze agace ka mbere n’aka kabiri (17-12 na 16-10), ikipe y’u Rwanda yatsinze agace ka 3 amanota 19 kuri 18 itsindwa aka kane …
SOMA INKURU