Byemejwe ko kugeza ubu mu Rwanda hamaze kugaragara abantu 2 bafite icyorezo cya “Monkeypox” kizwi mu kinyarwanda nk’indwara y’ubushita bw’inkende. Iyi ndwara ije nyuma y’icyorezo cya Covid-19 yibasiye isi yose ikica abatari bacye ndetse ikanateza ibibazo by’ubukungu n’u Rwanda rudasigaye. Iby’iyi ndwara ya Monkeypox mu Rwanda bikaba byemejwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’ Ubuzima “RBC”, cyatangaje ko iyi ndwara y’ubushita bw’inkende yagaraye ku bantu bagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “RDC” hamwe mu hibasiwe n’iyi ndwara cyane. Kuva mu mwaka wa 2022 nibwo hirya no hino ku Isi hagaragaye abantu basaga…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Rubavu: Urubyiruko n’abagabo barasaba amahirwe adasanzwe agenerwa ‘’Indatwa’’
Abenshi mu bagana ‘’indatwa’’ (izina rihabwa indaya) bo mu karere ka Rubavu biganjemo urubyiruko, bashyira mu majwi inzego zinyuranye z’ubuzima kubima amahirwe yo guhabwa imiti ku buntu ibarinda kwandura virusi itera SIDA izwi nka “PrEP”, hakaba hari n’abemeza ko ishobora kuba inyuzwa muri za farumasi kugira ngo yishyurwe. Uwo twahaye izina rya Rukundo utuye mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Gisenyi, atangaza ko uriya muti urinda kwandura virusi itera SIDA badahabwa amahirwe yo kuwubona, akemeza ko mu myaka 10 amaze atangiye gukora imibonano mpuzabitsina n’abagore banyuranye, yagerageje kujya kuwusaba…
SOMA INKURURubavu: Imbogamizi ku mahirwe ahabwa ‘’Indangamirwa’’ yo kwirinda virusi itera Sida
Rubavu ni akarere gahana imbibe n’umujyi wa Goma wo mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kakaba karangwa n’uburanga bunyuranye, ibi bikaba byongera urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ari nako abakora uburaya biyongera. Kuba hateye gutya, inzego z’ubuzima zashyizeho uburyo bwizewe “PrEP” bufasha abakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye kutandura virusi itera SIDA ku gipimo cya 99%. Magingo aya, hari abatabikozwa barimo n’abakorwa umwuga w’uburaya bakunze kwita ‘’Indangamirwa’’. Umuti uzwi nka PrEP (Pre-Exposure Prophylaxis) wemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) mu 2015, ko ukora neza mu kurinda abantu kwandura HIV…
SOMA INKURUWaruziko indwara y’imidido itibasira amaguru gusa? Menya byinshi kuri iyi ndwara
Imidido ni indwara irangwa no kubyimba ibice runaka by’umubiri cyane cyane amaguru. Gusa si yo yonyine ashobora kubyimba kuko n’ibindi bice bishobora kubyimba nk’intoki, cyangwa imyanya ndangagitsina. Iyi ndwara ikaba ari ingaruka z’uko urwungano rwa lymph (aya ni amatembabuzi aba mu mubiri ariko atari amaraso, nayo akaba afite imiyoboro yayo) ruba rwangiritse iyo miyoboro ikipfundika noneho lymph ikirundira aho hipfunditse. Imiyoboro ya lymph iba inyuranamo n’iy’amaraso Urwungano rwa lymph akamaro karwo ni ukurinda umubiri indwara muri rusange cyane cyane iziterwa na mikorobi. Imidido irangwa n’iki? Nk’uko tumaze kubibona ikimenyetso cya…
SOMA INKURUByinshi ku rukingo rwa kanseri y’inkondo y’umura mu myaka 13 rutangijwe mu Rwanda
Hari ku munsi wa Kabiri w’icyumweru tariki 26 Mata 2011, mu rwunge rw’ amashuri rwa Kanyinya, mu karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, ubwo umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Jeannette Kagame, yatangizaga ku mugaragaro gahunda yo gutanga urukingo rwa kanseri y’inkondo y’umura ku bana b’abakobwa bafite imyaka iri hagati ya 12 na 16 y’amavuko. Icyo gihe Madamu Jeannette Kagame yatangaje ko bimaze kugaragara ko mu Rwanda hari abagore n’abakobwa bicwa na kanseri y’inkondo y’umura, ari nayo mpamvu Leta yafashe gahunda yo gukingira abana b’abakobwa bakiri bato (abangavu), batarageza…
SOMA INKURUIndwara z’umutima ntawe zitakwibasira, dore bimwe mu bimenyetso bigaragaza uwo zafashe
Indwara z’umutima nubwo hari benshi bakunze gutekereza ko zifata abakuze, nyamara muri iki gihe siko bimeze kuko n’abato zisigaye zibibasira ahanini bitewe n’ihindagurika mu buryo turya ndetse nuko tubaho. Nk’uko tubikesha urubuga rwa sante.fr hatangazwa ko kurya ibiryo byuzuyemo amavuta mabi kandi byahinduwe cyane, kudakora imyitozo ngorora mubiri, gukora igihe kirekire utaruhuka ndetse na stress nyinshi ni bimwe mu byongera ibyago byo kwibasirwa n’indwara z’umutima mu bakiri bato. Mu gihe wifuza kuramba no kubaho neza, umutima wawe ugomba kuwurinda hakiri kare bimwe mu bishobora kuwangiza. Buri rugingo rw’umubiri mbere yo…
SOMA INKURUBurera-Cyanika: Ababyeyi bavutsa abana amahirwe yo gukingirwa begerejwe serivise
Icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi cyatangirijwe mu murenge wa Nemba, cyakomereje mu mirenge inyuranye harimo n’uwa Cyanika, mu karere ka Burera, aho kuri iyi nshuro habayeho igikorwa cyo gukemura ikibazo cy’abana bacikanywe na gahunda yo gukingirwa kubera impamvu zinyuranye z’ababyeyi. Mu gihe kingana n’icyumweru Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyashyizeho cyahiriwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi, mu murenge wa Cyanika uvugwamo kugaragaramo ababyeyi batubahiza ahunda yo gukingiza abana, hashyizweho site z’ikingira muri buri kagali ndetse n’iziri ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda. Nyuma yo kwima umwana amahirwe yo gukingirwa, arakebura bagenzi be Umwe…
SOMA INKURUBurera: Nubwo igwingira ku bana ryagabanutse, ubuyobozi butangaza ko intandaro yaryo yahashinze imizi
Burera ni kamwe mu turere 5 twagaragayemo umubare uri hejuru w’abana bahuye n’ikibazo cy’igwingira nyuma y’ubushakashatsi bushingiye ku mibereho myiza y’abaturage “DHC” bwakozwe muri 2020, bwagaragaje ko ingwingira riri ku kigereranyo cya 41,6%, ariko nyuma ya gahunda zinyuranye zo kurirwanya, igwingira rikaba rigeze ku kigereranyo cya 30,4%. Nubwo umubare wagabanutse ubuyobozi butangaza imbogamizi aka karere kihariye mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana. Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa mbere tariki 3 Kamena 2024, ubwo hizihizwaga ku rwego rw’igihugu gahunda ngarukamwaka y’icyumweru cyahariwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana, insanganyamatsiko ikaba igira iti:…
SOMA INKURUIntimba ikomeye y’uwandujwe virusi itera SIDA, anakebura abashakanye
Yashakiye ndetse anakomoka mu murenge wa Kiramuruzi, uherereye mu karere ka Gatsibo, mu ntara y’Iburasirazuba, atangaza ko yandujwe virusi itera SIDA n’uwo bashakanye, akaba yarahishuye icyabiteye ndetse akanemeza ko hari umubare utari muto w’abagore bahuje ikibazo. Uwababyeyi (Izina twamuhaye), atangaza ko yari amaranye n’umugabo we imyaka irenga10, ko ariko yajyaga yumva amakuru ko umugabo we ajya mu ndaya ariko ntabyiteho kuko yabonaga babanye neza. Atangaza ko yaje kubyemera nyuma yo kurwaza umugabo akaremba bajya kwa muganga bagasanga ari ibyuririzi bya virusi itera SIDA, kuko yaramaze igihe nta biraka afite, bimuviramo…
SOMA INKURUIngabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zatanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu Itsinda rya (Battle Group VI), zikorera mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), zatanze ku buntu serivisi z’ubuvuzi ku baturage bo mu mujyi wa Bria, umudugudu wa Dahouga. Mu gikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, serivisi z’ubuvuzi zatanzwe zibanze ku kugusuzuma no kuvura indwara nka malariya, indwara zo mu myanya y’ubuhumekero ndetse n’abafite ibibazo byo mu nda. Abaturage kandi bapimwe n’indwara zitandura zirimo umuvuduko wamaraso hamwe no kubapima ibiro, hanatanzwe na serivisi z’ubuvuzi bw’amenyo n’ubw’amaso. Umuyobozi w’umujyi wa Bria, Bwana…
SOMA INKURU