Bugesera: Batewe ishema no kuzahagararira igihugu mu marushanwa ya PISA

Bamwe mubanyeshuri bo mu bigo bitandukanye  byatoranyijwe kuzakora isuzumabumenyi mpuzamahanga rya “PISA” 2025, bavuga ko batewe ishema no kuzisanga mu bazajya guhatana muri aya marushanwa izitabirwa n’bihugu 91 byo hirya no hino ku isi. Isuzumabumenyi rya “PISA” (Program for International Student Assessment), risanzwe ritegurwa buri myaka 3 kuva muri 2000, rikaba ryarashyizweho  n’umuryango mpuzamahanga witwa “OECD”, uvugurura politiki z’Ubukungu n’Imibereho y’abaturage. Bamwe mu banyeshuri biga mu kigo cy’ishuri cya Maranyundo girls School bavuga ko ayo masomo azakorerwamo isuzuma mpuzamahanga rya “PISA”2025 basanzwe bayatsinda neza, kandi ko biteguye kuzahesha igihungu ishema…

SOMA INKURU

Ubukangurambaga ku isuzumabumenyi mpuzamahanga “PISA” burakomeje  

Kuva17 kugeza 31 Werurwe 2025, ubukangurambaga kuri “PISA” burakomeje hirya no hino mu Rwanda, abakozi ba NESA bakaba bakomeje kuzenguruka mu bigo byatoranyijwe bizitabira iri rushanwa  basobanura byimbitse ibijyanye naryo ari nako basubiza ibibazo binyuranye babazwa n’abana bari mu cyiciro cyirebwa n’iri suzuma. Kuri uyu wa gatatu tariki 192025, ubu bukangurambaga bwakomereje mu karere ka Bugesera,  ku ikubitiro hakaba hasuwe  Maranyundo Girls School, akaba ari rimwe mu mashuri 7 yo muri Bugesera azitabira “PISA”. Abanyeshuri bagaragaje amatsiko menshi kuri iri suzuma ari nako babaza byinshi.   Mu matsiko menshi, umunyeshuri…

SOMA INKURU

Rwanda: Ku nshuro ya mbere hagiye gukorwa isuzuma mpuzamahanga “PISA”

Mu Rwanda hagiye kubera amarushanwa mpuzamahanga ya PISA (Programme for International Student Assessment) ku nshuro ya mbere, akaba azitabirwa n’ibigo by’amashuri bitandukanye, rikazakorwa n’abanyeshuri bari mu kigero cy’ imyaka 15 kugeza ku bafite 16 n’amezi 2. Amashuri 213 yo mu turere dutandukanye two mu Rwanda niyo azitabira iri suzuma rya PISA 2025,  muri ayo mashuri 164 abarizwa mu cyaro, 49 akaba aherereye mu mijyi. Muri buri kigo hazatoranywa abana 35, abanyeshuri bose hamwe bazakora iri suzuma rya PISA ni 7,455, bazakora imibare, icyongereza na science. Dr. Bahati Bernard, umuyobozi mukuru…

SOMA INKURU

Isuzuma “PISA” ryitezweho byinshi mu kunoza ireme ry’uburezi ry’u Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 17 Werurwe 2025,nibwo hatangirijwe ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kumenyekanisha ndetse no kwitegura isuzuma mpuzamahanga ry’abanyeshuri PISA ( Programme for International Student Assessment) ryiganjemo ibihugu by’Amerika n’Uburayi, kikaba cyatangirijwe mu mujyi wa Kigali, mu karere ka Kicukiro ku ishuri rya EFOTEC/ESI KANOMBE. Iri suzuma rikaba rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere aho rizakorwa guhera tariki 28 Mata 2025. Iri suzuma ryitabirwa n’ibihugu 91 byo hirya no hino ku isi n’u Rwanda rurimo, ryitabirwa n’abana bafite imyaka 15 kugeza ku bafite…

SOMA INKURU

NESA igiye Gutangiza Ubukangurambaga bujyanye na PISA 2025

Kuva kuri uyu wa mbere tariki 17 Werurwe kugeza ku wa 6 Mata 2025,    Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) iratangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bujyanye n’isuzuma mpuzampahanga rya PISA 2025. Umuhango wo gutangiza ubu bukangurambaga ukaba ubera ku kigo cya ES KANOMBE/EFOTEC guhera saa munani z’amanywa. Ubu bukangurambaga bugamije gusobanurira abarebwa n’uburezi bose, barimo abanyeshuri, abarimu, ababyeyi n’abayobozi b’amashuri, ibijyanye n’isuzuma mpuzamahanga rizakorwa mu Rwanda kuva ku wa 27 Mata kugeza ku wa 7 Kamena 2025. Hazibandwa cyane ku kumenyekanisha PISA, akamaro kayo mu gutanga…

SOMA INKURU

Ikihishe inyuma y’ubwiyongere bw’abana bata ishuri n’uturere twiganjemo iki kibazo

Komisiyo y’imibereho y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu muri Sena, yasuye ibigo by’amashuri by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 n’amashuri yigisha tekinike, imyuga n’ubumenyingiro mu turere 21, nyuma y’uru rugendo isesengura ry’aba basenateri ryagaragaje ko hari uturere dufite abana benshi bavuye mu ishuri ku isonga hari uturere twa Nyanza, Musanze, Burera, Gisagara, Rutsiro na Gatsibo. Raporo yakozwe n’iyo komosiyo yagejejwe imbere y’Inteko Rusange ya Sena ku wa Mbere tariki 6 Gashyantare 2023, berekanye ko ikiganje mu gutuma abana bata ishuri harimo kuba abana barangije amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye batsindwa bakanga gusibira. Abasenateri…

SOMA INKURU

Kagitumba: Abana bata ishuri bakajya gukora imirimo y’amaboko n’ubucuruzi

Ku mupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda n’igihugu cya Uganda hari abana bakora imirimo ivunanye harimo nko kwikorera imizigo n’ubucuruzi bwo kwambutsa magendu ndetse n’ibiyobyabwenge nka kanyanga n’ibindi bicuruzwa bituruka muri iki gihugu cy’abaturanyi. Mutabazi John umaze imyaka 32 yigisha akaba umwe mu barimu ba Matimba Primary School  iherereye mu karere ka Nyagatare, avuga ko muri iki gihe gukurikirana umwana ku mwarimu bisigaye bigoye, cyane ko byabaye ubucuruzi, umwana yaza ku ishuri cyangwa ntaze umwarimu yigisha abo abonye, ubuzima bugakomeza. Mutabazi avuga ko kera umwana yavaga mu rugo ajya ku…

SOMA INKURU

Kayonza: Ibyishimo ni byose ku bakobwa bitabiriye ihuriro “GLOW Summit”

Abakobwa babarizwa muri porogramu za GLOW harimo abari muri GLOW Clubs (Biga kwikorera ubuvugizi), Healthy GLOW (Biga ubuzima bw’imyororokere), Girl Solve (Biga kwihangira umurimo baturutse mu turere dutandukanye tw’intara y’uburasirazuba basoje ihuriro ry’iminsi itatu ryari rigamije kubigisha amasomo atandukanye ku bibazo bagenda bahura nabyo aho batuye nuko babasha kubyigobotora. Biciye mu biganiro mu masomo ndetse n’imikino itandukanye abakobwa 510 baturutse mu karere ka Kayonza, Rwamagana na Bugesera bigishijwe amasomo ajyanye n’uburenganzira bwabo nuko babuharanira biciye mu kwikorera ubuvugizi, biga amasomo ajyanye n’amoko atandukanye y’ihohoterwa inzira bizamo, uko babyirinda nuko bamenyesha…

SOMA INKURU

COVID-19 yahungabanyije bikomeye gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri

Gahunda yo kugaburira abana ku mashuri izwi nka “School feeding” yatangijwe na Leta y’u Rwanda mu mwaka wa 2014, ariko  kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa yagiye ihura n’imbogamizi zinyuranye, ariko covid-19 ije iwukoma mu nkokora nk’uko bigaragara mu bigo by’amashuri yisumbuye biherereye mu murenge wa Nduba, akarere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali. Amikoro make imbogamizi ikomeye kuri gahunda yo kugaburira abanyeshuri Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Groupe Scolaire Gatunga, Habimana Mitatu Osée yatangaje ko  ibibazo by’ingutu bibangamiye gahunda yo kugaburira abanyeshuri saa sita ari ukudatanga amafaranga yagenewe iki gikorwa ku…

SOMA INKURU

Icyegeranyo ku banyeshuri bakoze ikizamini cya leta gisoza amashuri yisumbuye

Kuri uyu wa Mbere, tariki 15 Ugushyingo 2021, nibwo  Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta umwaka wa 2021 bisoza umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye , uwa 3 w’amashuri nderabarezi (TTC), n’uwa 5 w’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (L5). Muri rusange abanyeshuri batsinze Ibizamini bya Leta ku buryo bukurikira: Mu cyiciro cy’Uburezi rusange hakoze 47,399 hatsinda 40,435 (85.3%), mu Myuga n’Ubumenyingiro hakoze 22,523 hatsinda 21,544 (95.7%) naho mu mashuri Nderabarezi hakoze 2,988 hatsinda 2,980 (99.9%). Abanyeshuri ba mbere mu gihugu basoje amashuri yisumbuye, mu bumenyi rusange, uwa mbere ari Mugisha Abdul Karim…

SOMA INKURU