Inama zafasha umugore utwite wanduye virusi itera SIDA

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima mu Rwanda « RBC » gikomeje ubukangurambaga bwo gushishikariza umugore ugisama kwihutira kujya kwa muganga, mu rwego rwo kumenya uko ubuzima bwe buhagaze, hagamijwe gumira kwanduza umwana uri mu nda virusi itera SIDA mu gihe nyina bamupimye bagasanga yarayanduye. Ubu bukangurambaga bukaba bwarabereye mu ntara y’Iburasirazuba akaba ari naho higanje ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA, mu karere ka Kayonza, mu murenge wa Gahini, aho abagore n’urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye yo muri uyu murenge bibukijwe ko umwana ashobora kwanduzwa virusi itera SIDA mu gihe bamutwite, bamubyara, banamwonsa ,…

SOMA INKURU

Bikwiriye gucika! Barasaba ko ihohoterwa rikorerwa urubyiruko rufite virusi itera SIDA ryahagurukirwa

Bamwe mu rubyiruko bafite virusi itera SIDA batangaza ko bakorerwa ihohoterwa rikomeye ririmo ihezwa n’akato, biviramo benshi gutakaza icyizere cy’ejo hazaza biturutse ku kuvutswa kugera ku ndoto z’ubuzima bwabo. Umwe muri bo ni Giramata (izina twamuhaye), abarizwa mu isantire y’umurenge wa Muhura, mu karere ka Gatsibo, mu Ntara y’Iburasirazuba, yandujwe virusi itera SIDA ageze mu mwaka wa 4 w’amashuri yisumbuye, akaba atangaza ko aribwo yatangiye icyo yita ibigeragezo by’ubuzima. Ihezwa n’akato kuri we byatangijwe n’uwamwibarutse Giramata yagize ati: “Njye nandujwe virusi itera SIDA n’umuhungu twari duturanye, nyuma yo kumva abantu…

SOMA INKURU

Sobanukirwa kurushaho n’indwara y’angine n’uko wayirinda

Angine ni indwara yo kubyimba no kubabara mu muhogo mu gace k’akamironko (pharynx) bitewe na mikorobi. Izi mikorobi zitera angine zirimo amoko 2 hari angine iterwa na virusi hakabaho na angine iterwa na bagiteri. Gusa angine itewe na virusi niyo ifata abantu benshi aho ifata hagati ya 50% na 90% by’abarwayi bayo. Iyi ndwara yibasira cyane cyane abakiri bato gusa n’abakuze barayirwara.Angine itewe na bagiteri iterwa na mikorobi yitwa streptocoque (soma sitireputokoke) ikaba yibasira cyane abantu barengeje imyaka 3. Iyatewe na virusi itandukanye n’iyatewe na bagiteri. Angine ivurwa ite? Nk’uko…

SOMA INKURU

Nyagatare: Bamwe mu rubyiruko bahishuye ikibashora mu busambanyi budakingiye

Nyagatare ni kamwe mu turere tugize intara y’Iburasirazuba, ikaba ifite imirenge ikora ku gihugu cy’Ubugande, muri yo harimo umurenge wa Rwimiyaga, aho rumwe mu rubyiruko rwaho rutangaza ko ruhakura ibiyobyabwenge byiganjemo kanyanga n’urumogi ari byo bituma bishora mu busambanyi akenshi ntibibuke no gukoresha agakingirizo. Uwo twahaye izina rya John kubera umutakano we, atangaza ko mu murenge wabo abenshi mu rubyiruko ndetse n’abubatse bishora mu busambanyi biturutse ku biyobyabwenge bakura gihugu cy’abaturanyi cy’Ubugande kuko biba bigura make, nyuma yo kubifata bikabatera gusambana nta bwirinzi. Ati: “Akenshi rwose ushobora kujya gusambana ufite…

SOMA INKURU

Ingaruka z’ibiyobyabwenge ntizibarika, Urubyiruko ruraburirwa

Abagera ku 6.460 bafatirwa ibihano kubera ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, imanza zigera ku 4000 zagejejwe mu rukiko, mu gihe buri mwaka abantu bagera ku 5.000 bivuza ibibazo bikomoka ku ngaruka z’ibiyobyabwenge. Ibi byatangajwe kuri uyu wa mbere tariki 13, Gicurasi 2024 mu karere ka Kicukiro, ubwo hatangizwaga ubukangurambaga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) buzamara iminsi 15 bugamije kurwanya ibiyobyabwenge. Urubyiruko rwitabiriye iki gikorwa rwibukijwe ko tugomba kurangwa no gushishoza, gukanguka no kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge, runagaragarizwa ingaruka mbi bitera ku buzima ndetse no mu gihe kizaza. Muri iki gikorwa cy’ubukangurambaga, umusore wafataga…

SOMA INKURU

Kayonza: Basobanukiwe inyungu zo kwipimishiriza ku gihe

Mu Rwanda Abana bavuka ku bagore banduye virusi itera SIDA batangira gukurikiranwa bakibatwite, bavuka, babonsa kugeza bujuje imyaka 2, muri aba bana abasanganwa virusi itera SIDA ni 1 %, mu gihe 99% bo nta virusi itera SIDA babasangamo. Iri shyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda ni umusaruro w’imyumvire iri hejuru yo kuyoboka kwipimisha mu gihe umubyeyi yamenye ko yasamye hagamijwe kwirinda ko umubyeyi yakwanduza umwana virusi itera SIDA, yanashimangiwe n’ababyeyi banyuranye bo mu mirenge y’akarere ka Kayonza. Umurerwa Donata, ufite imyaka 19, atuye mu karere ka Kayonza, umurenge wa Nyamirama, atwite…

SOMA INKURU

Musha-Mwulire: Urubyiruko rwahishuye inzititizi rufite mu kwirinda virusi itera SIDA

Mu mirenge ya Musha na Mwulire igize akarere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba bemeza ko basobanukiwe n’uburyo bunyuranye bwo kwirinda kwandura virusi itera SIDA, ko ariko kutabona agakingirizo mu buryo buboroheye ari imwe mu nzira ibashora mu kuba bakwandura. Umwe mu bacukuzi ukorera ikigo Trinity Musha gicukura amabuye y’agaciro mu karere ka Rwamagana, atangaza ko akenshi baba aho bacukurira bagasohoka rimwe na rimwe, ko ariko iyo hagize umukobwa cyangwa umugore uza kumureba kujya mu gasantire gushaka agakingirizo bimugora. Uyu musore utarashatse ko amazina ye atangazwa, ufite imyaka 23, yagize ati:…

SOMA INKURU

Rwamagana: Abanyeshuri bagaragaje imbogamizi bafite mu kwirinda virusi itera SIDA

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” igaragaza ko ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA bwiganje mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24, ku kigero cya 35% ariko nubwo bimeze gutya urubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye rwiga ruba mu kigo rutangaza ko rufite imbogamizi mu gukumira no kwirinda ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Iyi mbogamizi ikaba yatangajwe n’abanyeshuri biga banacumbika mu bigo by’amashuri biherereye mu karere ka Rwamagana, aho bagize bati: ” Tugorwa no kwipimisha Virusi itera SIDA kuko nta serivice zo kuyipima ziba ku ishuri, bisaba kujya mu mavuriro…

SOMA INKURU

Dore indwara zikomeje guhitana benshi mu gihe kuzirinda bishoboka

Imibare itangazwa n’inzego z’ubuzima ikomeje kugaragaza ko indwara zitandura zikomeje gukaza umurego mu kuzahaza benshi. Nk’urugero, abarwayi ba diyabete, umuvuduko w’amaraso, kanseri n’izindi bakomeje kwiyongera ku buryo buhangayikishije. N’ubwo bimeze gutyo ariko, kuzirinda birashoboka kandi mu buryo bworoshye bwashobokera buri wese. Amagara ntaguranwa amagana! Hari indwara zisanzwe zizwi ndetse zimenyerewe kuko zabayeho kuva kera, ariko ubu hagezweho indwara zitandura kandi zikomeje guhitana abantu benshi, nyamara abantu bakaba batazifatira ingamba ngo bazirinde. Uyu munsi turebere hamwe indwara ya DIYABETE. Indwara ya Diyabete ni indwara mbi kandi ihitana abantu benshi ku isi,…

SOMA INKURU

Nyamagabe kamwe mu turere Malariya yibasiye bikomeye hafashwe ingamba zo kuyirandura

Ikigo cy’Igihugu Gishizwe Ubuzima “RBC” cyatagije ubukanguramba bwo kurwanya Malariya mu karere ka Nyamagabe, bugamije ko buri rugo rugomba gutunga inzitaramibi iteye umuti, mu rwego rwo kurandura maralia Burundi yazahaje abaturange. Uwamariya Agnes, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, atangaza ko guhugura abaturage bo mu byiciro binyuranye ari ngombwa kugira ngo abaturage basobanukirwe uko barwanya imibu yo soko y’indwara ya malariya. Uyu muyobozi akomeza atangaza ko imibare y’abarwaye Malariya irimo kwiyongera, kuko mu mwaka ushize wa 2023 nibura umuturage 1 mu baturage 10 (111/1000) yarwaye Malaria. Malariya…

SOMA INKURU