Bishimira inyungu bakesha kubungabunga Parike y’Ibirunga

U Rwanda rwashyizeho politiki n’ingamba zigamije kubungabunga no kurwanya igabanuka ry’urusobe rw’ibinyabuzima aho mu ntego z’icyerekezo 2050, biteganyijwe ko u Rwanda ruzaba mu bihugu bifite iterambere ritabangamiye ibidukikije kandi ryihanganira imihindagurikire y’ibihe.  Ni muri urwo rwego abatuye mu mirenge ya Nyange na Kinigi, mu karere ka Musanze bibumbiye mu mashyirahamwe anyuranye, muri bo harimo n’abahoze ari ba rushimusi, kuri ubu bakaba barata inyungu zo gusigasira ibigize Parike y’Ibirunga. Abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga bavuga ko kuva aho barekeye kwangiza ibiyigize, bakamenya ibyiza byo kuyibungabunga, kuri ubu bahurijwe hamwe mu mashyirahamwe akora…

SOMA INKURU

Intambwe zagufasha kureka itabi no kwirinda ingaruka zaryo

Usanga hirya no hino duhura n’abantu banyuranye bo ubwabo bivugira ko bazi neza ko nubwo banywa itabi ari umwanzi ukomeye w’ubuzima, ko ariko byabananiye kurivaho, yemwe hari n’umugani ugira uti “icyo umutima ukunze amata aguranwa itabi”, ariko ntibikwiriye kuko itabi ni umwanzi ukomeye w’ubuzima. Ni muri urwo rwego umuringanews.com, yifashishije ubushakashatsi bunyuranye mu rwego rwo gufasha abakunzi bacu uko bakwirinda itabi ndetse n’ingaruka zaryo. Ibintu 8 wakora bikagufasha kureka itabi 1.Andika impamvu kureka itabi Bihe igihe gihagije cyo kubitekerezaho, andika impamvu ziguteye gutuma ureka kunywa itabi.  Urugero ushobora kwandika uburyo…

SOMA INKURU

Waruziko indwara y’imidido itibasira amaguru gusa? Menya byinshi kuri iyi ndwara

Imidido ni indwara irangwa no kubyimba ibice runaka by’umubiri cyane cyane amaguru. Gusa si yo yonyine ashobora kubyimba kuko n’ibindi bice bishobora kubyimba nk’intoki, cyangwa imyanya ndangagitsina. Iyi ndwara ikaba ari ingaruka z’uko urwungano rwa lymph (aya ni amatembabuzi aba mu mubiri ariko atari amaraso, nayo akaba afite imiyoboro yayo) ruba rwangiritse iyo miyoboro ikipfundika noneho lymph ikirundira aho hipfunditse. Imiyoboro ya lymph iba inyuranamo n’iy’amaraso Urwungano rwa lymph akamaro karwo ni ukurinda umubiri indwara muri rusange cyane cyane iziterwa na mikorobi. Imidido irangwa n’iki? Nk’uko tumaze kubibona ikimenyetso cya…

SOMA INKURU

Afurika: Ishyingirwa ry’abangavu rikomeje gufata indi ntera

Urwego Rushinzwe gukurikirana ibijyanye n’Uburenganzira bwa muntu mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, rwagaragaje ko ikibazo cyo gushyingira abana kimaze gufata intera muri Afurika y’Epfo, aho abagera kuri 207 bashyingiwe mu mwaka umwe wa 2021. Muri abo bana bashyingiwe imburagihe, 188 ni abangavu naho 19 bakaba ingimbi nk’uko byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ibarurishamibare muri iki gihugu. Nibura abana bagera kuri miliyoni 2,6 bakomoka mu miryango y’abakene muri Afurika y’Epfo bikaba bishobora kuba bifite uruhare mu gushyirwa kwabo imburagihe. Ikindi ni uko umubare w’abana babana n’umubyeyi umwe w’umugore ukomeje kwiyongera. Mu…

SOMA INKURU

Rwanda: Icyizere ku igabanuka ry’ibiciro by’ibiribwa

Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko hari icyizere cy’uko uko iminsi igenda ishira, ikigero cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko kizagenda kigabanuka ku buryo uyu mwaka wa 2023 uzarangira kiri kuri 7.6%, ndetse mu utaha wa 2024 bikazagera kuri 5%. Muri Nzeri nibwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 12,3% muri Kanama 2023. Ni izamuka rya 0,9% ugereranyije n’ukwezi kwari kwabanje [Nyakanga] kuko byari byiyongereyeho 11,9%. Hari hashize amezi hari agahenge ndetse n’imibare igaragaza ko ibiciro biri kugabanuka. Urugero nko muri Mutarama, byari byazamutse ku kigero…

SOMA INKURU

Barasaba ubufasha mu kwirinda malariya

Ubushakashatsi bwa gatandatu ku buzima n’imibereho bwagaragaje ko 34% by’ingo mu Rwanda zidatunze inzitiramibu, ariko kandi ngo n’ingo nyinshi zizifite ziri mu mijyi kuko zihariye 76%, mu gihe ingo zo mu cyaro zifite inzitiramibu ziteye umuti ari 64% by’umubare w’abazifite. Nubwo ubushakashatsi bwerekanye ibi, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC”, mu biganiro binyuranye cyagiye kigirana n’itangazamakuru rinyuranye cyemeje ko nta mpungenge abantu bakwiriye kugira ku kuba indwara ya malaria ishobora kwiyongera, kuko ubushakashatsi bwakozwe abaturage batarahabwa inzitiramibu, nubwo bwagiye gushyirwa ahagaragara inzitiramibu zaramaze gutangwa. Abaturage bati: “Nta nzitiramubu duheruka” Abaturage banyuranye bo…

SOMA INKURU

Ibanga ry’ubuzima ku bafite virusi itera

Nk’uko Minisitiri y’Ubuzima ibinyujije mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima  “RBC”, itangaza ko imibare y’abaturarwanda bafite virusi itera sida ari 3%.  Ni muri urwo rwego ikinyamakuru umuringanews.com cyifashishije ubushakashatsi bwatangarijwe  ku rubuga www.sidainfoservice.com, bwafasha abafite virusi itera SIDA kuramba. Ikintu cya mbere: Umuntu ufite  virusi itera SIDA agomba gukora ni ugufatisha ibizamini kugira ngo amenye uko umubare w’abasirikare bari mu mubiri we (CD4) bangana, kugira ngo mu gihe baba bagabanutse harebwe ikibitera gishakirwe igisubizo byihuse hagamijwe kwirinda kurwara SIDA ari nako yibasirwa n’ibyuririzi bitandukanye byanamuviramo kumuhitana. Ikintu cya kabiri: Umuntu ufite virusi…

SOMA INKURU

Indwara z’umutima ntawe zitakwibasira, dore ibiranga uwo zafashe

Indwara z’umutima nubwo hari benshi bakunze gutekereza ko zifata abakuze, nyamara muri iki gihe siko bimeze kuko n’abato zisigaye zibibasira ahanini bitewe n’ihindagurika mu buryo turya ndetse nuko tubaho. Nk’uko tubikesha urubuga rwa sante.fr hatangazwa ko kurya ibiryo byuzuyemo amavuta mabi kandi byahinduwe cyane, kudakora imyitozo ngorora mubiri, gukora igihe kirekire utaruhuka ndetse na stress nyinshi ni bimwe mu byongera ibyago byo kwibasirwa n’indwara z’umutima mu bakiri bato. Mu gihe wifuza kuramba no kubaho neza, umutima wawe ugomba kuwurinda hakiri kare bimwe mu bishobora kuwangiza. Buri rugingo rw’umubiri mbere yo…

SOMA INKURU

Hashyizweho uburyo butanga icyizere cyo kugabanya ubucucike mu magereza

Inzego zishinzwe ubutabera mu Rwanda zishyize ingufu mu kugabanya ibirarane by’imanza ziri mu nkiko no kugabanya ubucucike mu magereza ndetse kuri ubu Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Ntezilyayo Faustin yashyizeho amabwiriza agenga ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha aho uregwa ashobora guhita asabirwa gufungurwa. Umwaka w’Ubucamanza wa 2022/2023 warangiye inkiko zifite imanza 56,379 zabaye ibirarane muri 91,050 zari mu nkiko, zigize 62%. Mu bisubizo Minisiteri y’Ubutabera yakunze gutangaza harimo gushyira imbaraga mu buhuza, n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, aho uregwa yemera kwemera icyaha nk’ingurane yo kugabanyirizwa umubare w’ibyaha akurikiranyweho cyangwa isezerano ahabwa…

SOMA INKURU

Maroc: Baracyashakisha abaheze munsi y’ibyasenyutse kubera umutingito

Maroc irimo gusiganwa n’igihe ngo irokore abaheze munsi y’ibisigazwa by’ibyabasenyukiyeho kubera umutingito w’isi wo ku wa gatanu, mu gihe abashinzwe ubutabazi bwihuse barimo kugorwa no kugeza ubutabazi mu duce twa kure. Mu byaro bakomeje gucukura bakoresheje amaboko hamwe n’ibitiyo mu gushakisha abarokotse, mu gihe amatsinda y’ubutabazi arimo kugorwa no kuhageza imashini zabugenewe. Ibyo bikoresho ubu bishobora kuba byanacyenerwa mu gutegura imva za bamwe mu babarirwa mu bihumbi bishwe n’uwo mutingito. Umwe mu batuye mu cyaro yabwiye BBC ko abantu “nta kintu na kimwe basigaranye”. Ati: “Abantu barashonje. Abana barashaka amazi.…

SOMA INKURU