Mitiweli igiye guhabwa ubwunganizi


Minisiteri y’Abakozi ba leta n’Umurimo (MIFOTRA) yasabye abakoresha mu nzego za leta n’iz’abikorera kujya bakata 0.5% ku mushahara wa buri kwezi ku bakozi babo, bakawushyikiriza ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) akajya kunganira ubwisungane mu kwivuza, mutuelle de santé.

Ni icyemezo iyo Minisiteri yatangaje igendeye ku Iteka rya Minisitiri w’Intebe no 034/01 ryo ku wa 13/02/2020 ryerekeye inkunga z’ubwisungane mu kwivuza riteganya ahantu hatandukanye hagiye kujya hava amafaranga yo kunganira ubwisungane mu kwivuza.

Itangazo MIFOTRA yashyize ahagaragara rivuga ko “Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo imenyesha abakoresha bose mu nzego za leta n’iz’abikorera mu Rwanda ko 0.5% avuga muri iryo teka mu ngingo yaryo ya kabiri igika cya 10 akatwa n’umukoresha ku mushahara utahanwa n’umukozi.”

Rikomeza rivuga ko umukoresha akusanya buri kwezi uwo musanzu akawushyikiriza RSSB kuri konti yayo iri muri Banki Nkuru y’u Rwanda yitwa RSSB CBHI SCHEME.

Iryo tangazo ryashyizweho mukono na Minisitiri Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, ryibutsa ko imenyekanisha ry’uwo musanzu rikorwa bitarenze tariki 15 z’ukwezi gukurikira uko abakozi bahembwamo.

Ikigo kigomba kwishyura iyi nkunga kitazajya kiyitangira igihe kizajya kishyuzwa inyungu z’ubukererwe ingana na 2% buri kwezi.

Imibare ya RSSB igaragaza ko ubwitabire bwa Mutuelle de Sante buri hejuru ya 85 %.

TUYISHIME Eric


IZINDI NKURU

Leave a Comment

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.